RFL
Kigali

Gutembereza imbwa byibura kabiri ku munsi bigiye kuba itegeko mu Budage

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:21/08/2020 11:59
0


Nk’uko tubikesha BBC ,iri tegeko rishya mu Budage ,rishobora gusaba abafite imbwa kujya nibura bazitembereza kabiri ku munsi mu gihe kingana n’isaha imwe.



Ubusanzwe Ubudage ni igihugu kizwiho kugira bureaucracy (uburyo bwo kugira umurongo ngenderwaho ndetse n’amategeko  kugira ngo ibintu bigende umujyo umwe cyangwa se bigende ku murongo).Iki gihugu, kikaba cyazanye itegeko rishya ritegeka abatunze imbwa, ko bazajya bazitembereza inshuro ebyiri ku munsi mu gihe kingana n’isaha imwe.

 

Minisitiri w’ubuhinzi muri iki gihugu cy’Ubudage,Julia Klockner,yagize ati:”Inyamaswa zizwi nk’izibana n’abantu ntago ari ibikinisho ,niyo mpamvu ibyo zikeneye bigomba kwitabwaho”.Yakomeje avuga ko ,impamvu y’ibi ari uko ubushakashatsi bwagaragaje ko imbwa zikeneye ibikorwa cyangwa se gukoreshwa bihagije ndetse no guhura n’abantu n’ibindi bintu bitandukanye kugira ngo zibashe gutera imbere no kugira ibyo zunguka.Ibi kandi bigiye gukorwa mu rwego rwo gukomeza gushimangira umutekano w’izi nyamaswa ndetse n’imibereho myiza yazo.Iri tegeko,rikaba riteganyijwe gutangira gushyirwa mu bikorwa mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2021.

 

Ikindi gishobora kwiyongera kuri iri tegeko, ni ukubuza abantu  kuboha imbwa igihe kirekire.

Iki gihugu cy’Ubudage kandi kirashaka ko ahororerwa imbwa hakwiye kujya hororerwa byibuze utubwana duto tutarenze dutatu(3) noneho utu tubwana tukaba twagira igihe cyo guhura n’ibindi bibwana bikuru nibura amasaha ane(4) ku munsi .

Ibi bikaba bizajya bikorwa mu rwego rwo kugira ngo ibi bibwana  birusheho kumenyana hagati yabyo.

 

Amabwiriza yatanzwe na Klockner bigaragara ko azagira ingaruka ku mubare munini w’Abadage,kubera ko muri iki gihugu hari imbwa zigera kuri miliyoni 9.4.Ibi byateye abantu kwibaza niba guverinoma ndetse n’abaturage ubwabo bazashobora kubahiriza neza ishyirwa mu bikorwa ry’iri tegeko.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND