RFL
Kigali

Taylor Swift yateye inkunga irenga Miliyoni 29 Frw umukobwa w’umwongezakazi ngo abashe kwishyura Kaminuza

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:21/08/2020 12:34
0


Umuhanzikazi Taylor Swift yateye inkunga igera ku £23,000 ni ukuvuga arenga miliyoni 29 z’amafaranga y’u Rwanda umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko ufite inzozi zo kuba umunyamibare akaba nta bushobozi yari afite bwo kwiga muri kaminuza.



Taylor Swift umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane ku isi abinyujije mu kigega cyizwi nka Go Fund Me, yateye inkunga umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wari wakorewe ubuvugizi ku rubuga rw’icyi kigega ashakirwa inkunga ngo abashe kubona amafaranga yo kwishyura Kaminuza.

Nkuko byagaragajwe ku rubuga rw’icyi kigega uyu mukobwa Victoria Mario yaje gutura mu Bwongereza, mu mugi wa Tottenham mu majyaruguru y’umugi wa London imyaka ine ishize avuye muri Portugal. Mu nyandiko yari kuri uru rubuga yavugaga ko Se w’uyu mukobwa yitabye Imana imyaka ine ishize na nyina akaba atuye muri Portugal.

Victoria Mario wifuza kwiga muri kaminuza ya Warwick ibijyanye n’imibare avuga ko umuryango we utabona ubushobozi bwo kwimwishyurira amafaranga y’ishuri, icumbi, imashini yo kwigiraho (Laptop), amakaye ndetse n’amafaranga yo kumutunga. Uyu mukobwa kandi mu mashuri yisumbuye ngo yatsinze neza n’amanota meza.


Victoria Mario

Victoria Mario afite inzozi zo kwiga ibijyanye n'imibare muri Kaminuza

Taylor Swift nyuma yo gusoma ibi byerekeye uyu mukobwa kuri uru rubuga byamukoze ku mutima ahita afata icyemezo cyo kumutera inkunga igera £23,000 ni ukuvuga arenga miliyoni 29 z’amafaranga y’u Rwanda azamufasha kwishyura Amafaranga y’ishuri azakenera mu myigire ye.

Taylor Swift

Taylor Swift yakozwe ku mutima n'inkuru ya Victoria

Mu butumwa Taylor Swift yashyize kuri uru rubuga yagize ati:”Victoria, Nasomye inkuru yawe nkaba narakozwe ku mutima n’ishyaka ndetse n’intego ufite mu guhindura inzozi zawe impamo”. Yakomeje agira ati:”Ndashaka kuguha impano y’amafaranga yose asigaye azagufasha kugera ku ntego yawe. Amahirwe masa mu byo ukora byose, Ndagukunda, yari Taylor”.

Mu gusubiza Taylor Swift uyu mukobwa yagize ati:”Byandenze. Nahoraga nibaza uko nazajyira abantu bazabasha kumfasha kugera ku ntego yanjye none icyi igitangaza cyabaye”.

Mu nyandiko yari kuri uru rubuga uyu mukobwa yavugaga ko akeneye inkunga igera ku £40,000 aho hari hakubiyemo ibintu bitandukanye harimo: Agera ku £24,000 by’icumbi, £3,000 yo kugura ibikoresho bitandukanye, £13,000 yo kumufasha mu buzima bwa buri munsi harimo nko kugura ibiribwa, transport, gas no kwishyura umuriro.

Nyuma y’uko iki cyigega gitangije ubu bukangurambaga bwo gushakira ubufasha uyu mukobwa abantu benshi batandukanye batangiye gutanga inkunga yabo uko bashobojwe. Taylor Swift nyuma yo gusoma inkuru ya Victoria ikamukora ku mutima yahise atanga inkunga yari isigaye yose ngo huzure £40,000.

Donations

Taylor Swift yahise yuzuza inkunga yose yari isigaye

Uyu muhanzikazi mu kwezi gushize aherutse gutungura abakunzi be asohora alubumu ye ya munani yise Folklore yakiriwe neza ikanagurwa cyane mu nsi micye igisokoka.

Src: Sky News & Daily Mail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND