Ku munsi wo ku wa mbere tariki 18 Kanama 2020, ni bwo Guverinoma ya Amerika yatanze ikirego ishinja bamwe mu banyagihugu ba Uganda gufata abana bakajya kubareresha muri Amerika babita imfubyi.
Nk'uko tubikesha Voanews, ku munsi wo ku wa Mbere tariki 18 Kanama 2020 ni bwo Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze ikirego ishinja bamwe mu banyagihugu ba Uganda gufata abana bakajya kubareresha muri Amerika babita imfubyi.
Bamwe mu bashinjwa harimo
Abanyamerika babiri: Margaret Cole na Debra Parris ndetse n’Umunyamategeko wo
muri Uganda, Dorah Mirembe. Aba, bakaba barafataga abana baturutse mu miryango
itishoboye/ikennye, babakuye mu byaro bitandukanye byo mu gihugu cya Uganda,
bababwira ko bagiye gufashwa kwiga.
Aba baregwa uko ari batatu bashakiraga
abana imiryango yo kubamo ituye muri Amerika gusa bagatanga abo bana bavuga ko
ari imfubyi kandi mu by’ukuri atari zo. Ishami ry’ubutabera muri Amerika rikaba
rishinja aba tuvuze haruguru kugira uburiganya, gutanga abana ubundi bo
bakiyinjiriza amafaranga menshi.
Urugaga rw’amategeko rwa
Mirembe rwo rukaba rushinjwa gukoresha ababyeyi b’imiryango itishoboye
baba mu cyaro cya Uganda kugira ngo
batange abana babo, bakababwira ko abo bana bazimurirwa i Kampala kugira ngo
bigishwe n’abamisiyoneri (missionaries). Aho gukora ibyo bavuze ahubwo,
bakabashyikiriza (abana) inkiko nk’imfubyi zizarerwa n’Abanyamerika hanyuma
bakajyanwa muri Amerika.
Eric Smith, umukozi wa FBI
ushinzwe ubushinjacyaha mu ijambo rye yagize ati: ”Aba baregwa uko ari batatu,
bakinishije amarangamutima y’ababyeyi, umubyeyi uhora yifuriza umwana we
ibyiza ndetse bakinishije n’abifuza gutanga ubufasha kuri abo bana kuko bo bumvaga
abo bana n’ubwo ari imfubyi ariko bakwiye kubona ibyiza nk’ibyo umuryango
wifuriza umwana wabyaye”.
Ikigo gishinzwe iby’imari
muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyashyizeho ibihano by’ubukungu kuri Mirembe, umugabo we, Patrick Ecobu ndetse n’abacamanza babiri bo muri Uganda: Moses
Mukiibi na Wilson Musalu Musene kubera ko batanze ruswa kugira ngo babone
inyandiko zerekana ko ba bana koko ari imfubyi.
Ibihano bafatiwe, byemerera
Minisiteri ishinzwe imari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuba yafatira/yahagarika umutungo wose, bashobora kuba bafite uri mu
bubasha bw’Amerika harimo konti za banki n’ibindi.
TANGA IGITECYEREZO