Menya ibibera mu cyumweru cyitwa icy’ikuzimu ku binjira mu mutwe wa MARCOS mu gisirikare cy'u Buhinde

Utuntu nutundi - 18/08/2020 12:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Menya ibibera mu cyumweru cyitwa icy’ikuzimu ku binjira mu mutwe wa MARCOS mu gisirikare cy'u Buhinde

U Buhinde ni kimwe mu bihugu bifite igisirikare gikomeye ku isi. Muri iki gisirikare uhasanga umutwe wa Marine Commandos (MARCOS) ushinzwe gutabara aho rukomeye. Menya imwe mu myitozo ihabwa abinjira muri uyu mutwe w’ingabo mu Buhinde.

Uyu mutwe udasanzwe rero wo mu ngabo z’u Buhinde witwa MARCOS (Marine Commandos) bishatse kuvuga abasirikare kabuhariwe bo mu mazi, ni igice kihariye cy’ingabo zirwanira mu mazi, ariko abawinjiramo bakaba bahabwa imyitozo idasanzwe ituma bashobora kurwana aho ari ho hose byaba ngombwa, haba mu mazi, ku butaka cyangwa se mu kirere.

Uyu mutwe wa Marine Commandos washinzwe mu 1987 nyuma y’uko u Buhinde burwanye n’igihugu cya Pakistan badacana uwaka kugeza n’ubu, ni uko nyuma abayobozi b’u Buhinde bakaza kubona ko impamvu bashegeshwe cyane muri iyo ntambara ari ukubera batari bafite igisirikare kidasanzwe cyari kubafasha.



Kuva icyo gihe hahise hatekerezwa uburyo habaho umutwe w’ingabo udasanzwe ukanahabwa imyitozo idasanzwe, maze u Buhinde buhita busaba inkunga Amerika yo kubakorera inyigo y’amasomo ameze neza nk’ahabwa abasirikare badasanzwe b’Amerika barwanira mu mazi bitwa Navy Seal.


Uyu mutwe w’ingabo urubashywe cyane, ku buryo n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi hamwe na Amerika bawutinya ku buryo buhambaye. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigeze gufata bamwe mu basirikare ba MARCOS zibajyana guhatana n’abandi b’Abanyamerika bo mu mutwe udasanzwe witwa NAVY SEAL maze abavuye muri MARCOS y’u Buhinde baba aba mbere kandi barahawe imyitozo iba ifite ijanisha rya 90% .


Mu gihugu cy’Ubuhinde abantu bemererwa kujya muri uyu mutwe w’ingabo zidasanzwe wa MARCOS batoranywa mu bandi basirikare basanzwe hirya no hino mu gihugu. Abatoranywa usanga ari abasore barusha abandi ibigango n’ubuzima bwiza, kandi bakaba bari hagati y’imyaka 20 na 24. Aba batoranywa bwa mbere mu bandi ari uko batsinze ibizamini by’ibanze bihabwa buri musirikare, nyuma hagakurikiraho n’andi mageragezwa atandukanye.

Ibi aba basirikare bakoreshwa mu ntangiro ni ibisanzwe kuko no mu bindi bihugo birakorwa, ariko imyitozo itajya iva mu mutwe w’uwigeze gukandagiza ikirenge ke muri MARCOS ni imyitozo iba mu gihe cy’iminsi itanu yahawe akabyiniriro k’icyumweru cy’ukuzimu (Hell Week), kandi iyi myitozo ni aba basirikare bonyine yagenewe kuko abandi basanzwe bafata amasomo rusange ya gisirikare.

Muri iyo minsi abasirikare baratozwa ku buryo bamwe bahasiga ubuzima, abandi bakamugara cyangwa se umubiri wabo ukananirwa ku ikubitiro ari bwo bagitangira. Inyandiko zinyuranye ziva mu buvugizi bw’igisirikare cy’ubuhinde zigaragaza ko mu myaka igera hafi kuri mirongo itatu uyu mutwe w’ingabo zidasanzwe umaze, abasirikare basoza imyitozo yawo baba bari hagati ya 20 na 25% y’ababa batangiye imyitozo bose.

Muri iki gihe cy’iminsi itanu ishobora no kurenga ho gato aba MARCOS bose bafata amasomo yibanda kuri ibi bintu by’ingenzi;

-          Imyitozo ijyanye no gusimbukira mu mutaka mu buryo budasanzwe.

-          Imyitozo yo koga bakagera hafi ku ndiba y’inyanja

-          Imyitozo ijyanye no kurwanya iterabwoba

-          Ndetse n’indi myitozo yihariye ijyanye no kurwanya ba rushimusi b’indege n’amato

Dore uko biba byifashe igihe abasirikare bari gufata imyitozo mu gihe cy’icyumweru cyitwa icy’ukuzimu (Hell week)

1.      Abasirikare bose ba MARCOS babanza kwigishwa uburyo budasanzwe bwo gusimbukira mu mitaka

Ubu buryo budasaznwe ni ugusimbuka uvuye mu ntera ndende cyane, noneho umutaka(Parachute) ukawufungurira kure iri byo byitwa HAHO (High Altitude High opening).

Aha ngaha umusirikare ategekwa gusimbuka avuye mu ndege iri mu biro metero 8 uvuye ku butaka, noneho akaza gufungura umutaka we nyuma y’amasegonda ari hagati ya 10-15 akimara gusimbuka.

Ubundi buryo bwo gusimbuka bigishwa ni ubwitwa HALO (High Altitude Low Opening) aho noneho umusirikare asimbukira mu mutaka akava mu ntera ndende ariko umutaka akawufungurira hafi y’ubutaka.

Iki gihe umuntu ava mu ndege iri mu biro metero 11 uvuye ku butaka, agasimbuka nyuma akaza gufungura umutaka ari hafi cyane y’ubutaka.

Iyi myitozo yo gusimbuka ahantu hareshya hatya ntiba yoroshye habe na mba dore ko mu birometero 8 gusa uvuye ku butaka ubushyuhe buba ari dogere enye munsi ya zeru(-4 degree Celsius), umuyaga w’aha hantu ukaba utorohera benshi.



2.      Aba basirikare batozwa kwiruka n’amaguru intera igera ku birometero 20 buri munsi kandi mu gihe gito

Abasirikare iyo bari muri iki cyumweru kidasanzwe, barabyutswa buri gitondo kare cyane, bakirukanka ahantu hareshya n’ibirometero 20 kandi bakabikora mu gihe gito cyane baba bahawe, utabishoboye akaba aratsinzwe.


Undi munsi ukurikiye ho noneho mu ijoro ndetse na mu gitondo, abasirikare baba binjiye muri MARCOS batangira kwigishwa kwirunkanka bya birometero 20 bafite ibikoresho binyuranye ku mubiri wabo bipima ibiro 60. Ibi nabyo babikora mu gihe gito kandi bihuta, utabibashije agasezererwa.

 

Undi munsi ukurikiye, aba basirikare nanone bahabwa undi mwitozo wo kwirukanka ibirometero noneho 120 bagihetse ibiro 60 ku mubiri wabo.

3.      Mu mutwe w’ingabo z’ubuhinde zidasaznwe MARCOS abasirikare batozwa kuryama amasaya ari munsi y’ane mu cyumweru cyose

Ibi byakumvikana nk’ibidashoboka cyangwa se nk’amakabyankuru, ariko niko bimeze kuko mu gihe cy’icyumweru cyahawe akabyiniriro k’icyumweru cy’ukuzimu, abasirikare bari ku masomo bemererwa kuryama igihe kiri hagati y’isaha imwe n’isaha imwe n’igice gusa ku munsi kandi nabwo bakayihabwa batunguwe kuko bagira gutya bakumva itegeko ngo: nimuryame musinzire, rimwe na rimwe ugasanga babibabwiye bari no mu mazi ubwo nyine bakaryama aho. Mukubabyutsa hakoreshwa ibiboko cyangwa se gukubitwa iminyururu ibabaza cyane.

4.      Abasirikare batozwa kwirukanka mu cyondo

Aha ngaha abasirikare bafata igihe runaka ku munsi bagatozwa kwiruka mu byondo bifatira cyane, rimwe na rimwe bakanahabwa udukapu dupima ibiro 25 bakaduheka ku migongo yabo noneho bagakora ibisa n’amarushanwa. Kwiruka mu mazi ubwabyo ntibyoroha, noneho byagera mu byondo bikarushaho gukomera cyane, ibintu bituma n’ubundi benshi basezererwa imyitozo itarangiye kuko bahabwa igihe gito cyane cyo kubikora.

5.      Aba basirikare bo mu mutwe udasanzwe mu ngabo z’ubuhinde MARCOS banigishwa indimi z’amahanga bakanabazwa

Aba basirikare bahabwa amasomo menshi cyane kandi anyuranye y’imirwanire mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa, ariko banyuzamo bakanigishwa zimwe mu ndimi nk’icyarabu n’igishinwa kugirango babe babasha kuzigiraho ubumenyi bw’ibanze. Bigishwa kandi kugira ibanga mu byo bakora byose, ndetse no kutagaragaza hanze ko babarizwa mu mutwe wa gisirikare udasanzwe.

Iyo aya masomo abera muri iki cy’umweru iyo arangiye, abatoranyijwe barabanza bagahabwa igihe cy’amezi runaka bakaruhuka bari kumwe n’imiryango yabo, ubundi bagahita basubizwa mu yandi mahugurwa arambuye amara imyaka igera kuri ibiri cyangwa inarenga, noneho umuntu akaba ashobora kuba umwe mu ba MARCOS wemewe n’amategeko.

Mu myitozo yose ihabwa ingabo z’ubuhinde aba nibo bakora ikaze, kandi bivugwa ko bafatiye runini igihugu cyabo.

 

Aba MARCOS bafashije u Buhinde mu bihe binyuranye kandi bigoranye nko mu:

-1987 mu gikorwa kiswe Operation Pawan ubwo uyu mutwe wafashaga ingabo z’ubuhinde zabungabungaga amahoro muri Sri Lanka guhangana n’umutwe w’inyeshyamba zitwaga Tamir Tigers.

-1988 mu gikorwa kiswe Operation Cactus ubwo nanone MARCOS yaburizagamo ihirikwa ry’ubutegetsi muri Maldives maze ikanafata ubwato bw’ibyihebe byari biri inyuma y’uwo mugambi maze n’imfungwa byari byafashe zikabohozwa.

-1993 mu bikorwa by’umuryango w’abibumbye, amatsinda ane y’umutwe wa MARCOS yoherejwe muri Somalia kujya guhashya ibyihebe i Mogadishu


Aba bagiye bakora n’ibindi bikorwa by’ubutabazi byinshi mu gihugu cyabo, aho izindi nzego zose zabaga zananiwe.

Ikindi kintu kivugwa kuri aba basirikare ni uko badategekwa ibyo abandi basirikare bategekwa, nko kwiyogoshesha mu buryo ingabo z’u Buhinde ziyogoshesha mo ndetse nta n’ubwo batekekwa kwambara impuzankano (uniform) ya gisirikare keretse iyo bari mu mahugurwa, naho ubundi bahora bimereye nk’abaturage basanzwe ku buryo ntawapfa kubamenya.

 

Src: Boot Camp military fitness & Institute , Story pick

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...