Muri Gicurasi 2013 ni bwo izina Edward Snowden ryumvikanye cyane mu bitangazamakuru mpuzamahanga. Uyu Snowden yamenyekanye kubera amabanga yashyize hanze y’ikigo cy’ubutasi cy’America(CIA) yamennye. Ubu ari mu buhungiro, ariko kuba yarahunze ntibyamubujije kwinjiza agera kuri miriyoni y’amadorari avuye mu mbwirwa ruhame yasakazaje n'iyakure
Edward
Snowden wamenyekanye cyane nyuma yaho atangarije bimwe mu binyamakuru ukuntu
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zumviriza abaturage bayo, aho ari mu buhungiro
aracyinjiza agatubutse kubera imbwirwaruhame ze. Nkuko raporo y’urukiko rwa Massachusetts
ibigaragaza mu kirego, kuva mu mwaka wa 2015 uyu Snowden yakuye arenga miriyoni
imwe mu mbwirwaruhame yatanze 67.
Kuba
yaramennye amabanga ko igihugu cye cyumviriza abaturage bacyo ntago Amerika yigeze
inyomoza aya makuru. Ku ngoma ya perezida Barack Hussein Obama, umunyamabanga
wa leta, John Kerry yatangaje ko igihe cyari kigeze ngo Snowden yemere ko
yagambaniye igihugu cye kandi ko yakora igikorwa cya kigabo agata ku bushake(“he should man up and come back to the US”)
aho hari mu mwaka wa 2014.
Mu
cyatumye iyi dosiye yongera kuzurwa nubwo itigeze ishyirwa mu bushyinguro, nuko
Snowden aherutse gusohora igitabo ‘Permanent Record’ ariko zimwe mu
nzego z’ubutabera zishaka ko amafaranga azagurwa ibi bitabo yaba umutungo wa
Leta. Iki gitabo cya Snowden cyasohotse umwaka ushize (2019) muri Nzeri.
Mu
cyumweru gishize ubwo perezida yari Bedminster, muri New Jersey Donald Trump tyatangaje
ko ku yumva ko Snowden yababarirwa kandi ko ateganya ko byashyirwa mu bikorwa.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The New York Post yakomeje yitsa iyi
ngingo y’imbabazi avuga ko abantu bose badafata Snowden kimwe dore ko bamwe
bamufata nk’umugambanyi abandi bakamufata nk’intwari.
Uyu mugabo w'imyaka 37 ari we Snowden, yahunze amaze gutwara amakuru akubiye muri dosiye miriyoni imwe n’igice. Amwe
muri aya mabanga yitwaye yagiye atangazwa binyuze mu binyamakuru.
TANGA IGITECYEREZO