RFL
Kigali

Somalia: Ingumi zivanze n’inshyi n’imigeri ubwo Perezida w’igihugu yarwanaga na Minisitiri w’intebe mu Nteko

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:17/08/2020 12:12
0


Amakimbirane no kutumvikana ku bintu runaka ibituma bamwe barwana nk’uko Perezida w’igihugu cya Somalia, Mohamed Abdullahi yarwanye na Minisitiri w’intebe habura gica, ubwo bari mu Nteko baganira n’Itangazamakuru.



Iyi mirwano yabereye mu Nteko ishinga amategeko ya Somaliya, ibintu Isi yafashe nk’ikinamico ubwo Perezida wa Somaliya, Mohamed Abdullahi Mohamed yagiraga amakimbirane na Minisitiri w’intebe, Mahdi Mohamed Guled, mu kiganiro n’abanyamakuru.

Smackdown In Parliament As Somalia President And Prime Minister ...

Muri videwo yagaragaye ku rubuga rwa interineti, Perezida na Minisitiri w’intebe bari gutambutsa ikiganiro imbere y’abanyamakuru kinaca kuri televiziyo, nyuma yo kutumvikana ku ngingo zimwe na zimwe za politiki niko gufatana mu mashati.

Byasabye itsinda ryose rw’abayobozi bari mu Nteko gukiranura aba bayobozi bari bamaze guterana ingumi bafatanye mu mirwano yatunguye imbaga nyamwinshi, ibipfunsi (ingumi) byari byinshi mu mirwano. Amakuru akomeza ashimangira ko igihugu cyahoraga cyuzuyemo amakimbirane ya politiki.

Somali President And Prime Minister Get Into Fist Fight In Parliament

Mohamed Abdullahi Mohamed yahoze ari Minisitiri w’intebe wa Somaliya mbere y'uko yegura mu 2011 agaruka kuba Perezida muri 2017. Somaliya igomba kugira amatora yatuma babona demokarasi ya Politiki nyayo ihosha amakimbirane n’intambara za hato na hato mu gihugu.

Src: Faceofmalawi, iharare,bbc






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND