RFL
Kigali

Ibintu byadogereye! Kubeshya, guhimba, ubushukanyi bimwe mu byo Kanye West ashinjwa muri Candidatire yatanze

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:11/08/2020 15:52
0


Hashize iminsi havugwa ko umuraperi Kanye West wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yafashe icyemezo cyo kwiyamamariza kuyobora USA. Ubu amakuru ashimangira ko uyu muraperi yatanze impapuro zuzuyemo Aderesi na Sinyatire z’impimbano.



Ku wa Gatanu, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije ryatanze ikibazo cyo kubuza uyu muraperi kwiyamamariza kuba umukandida w’ishyaka rya gatatu, rivuga ko hari ibibazo byinshi afite mu mpapuro ze harimo aderesi zitari zo na sinyatire (Signature).

Kanye West has accused Wisconsin Democrats of spying on his presidential campaign after they claimed he submitted his nominations papers late and filed bogus signatures

Mu gusubiza iki kirego, Kanye West yavuze ko iri shyaka ryashyizeho iperereza ry’umuntu ku giti cye kuneka itsinda rye mu rwego rwo 'gushyiraho gahunda yo gutoteza no gutera ubwoba' kurwanya kwiyamamariza umwanya wa perezida, nk'uko TMZ yabitangaje.

Impapuro z’uyu muhanzi zo kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu Ugushyingo zatanzwe i Wisconsin mu cyumweru gishize. Kugira ngo atange dosiye yo kwiyamamaza, uyu muraperi yari akeneye imikono 2,000 y’abatoye biyandikishije muri leta. 

Kanye West: 'Liberals bully people who are Trump supporters' | TheHill

Nk’uko TMZ ibitangaza, itsinda rye ryamufashije kubona imikono mpimbano. Mu kirego cy’icyumweru gishize, Abademokarate ba Wisconsin bavuga ko harimo impapuro z’abantu batandatu bavuze ko bashutswe mu gushyira amazina yabo ku mpapuro za Kanye West.

Umwunganizi Michael Maistelman wakusanyije izo nyandiko, yabwiye ikinyamakuru Milwaukee Sentinel ati: "Niba izo nyandiko ari ukuri… ibyaha byakozwe n’ubukangurambaga bwa Kanye West .'

Kanye West kandi ngo ntabwo yanditse neza aho atuye. Iki kirego kivuga ko umunyamategeko Lane Ruhland, wafashaga Kanye West mu kwiyamamaza kwe, yageze ku biro bya komisiyo ishinzwe amatora muri Leta nyuma ya saa kumi n'imwe z'umugoroba hashize iminota mike ngo igihe ntarengwa nkirangiye cyo gutanga impapuro zerekana kandidatire mu kureba ko yakwemerwa neza nta nkomyi.

Kanye West: Top 25 Best Songs | Hip Hop | Red Bull

Mu makuru atari yo yatanzwe, umwe yavuze ko yari atuye mu gace ka Illinois kegeranye n’inganda naho uwa kabiri agaragaza ko atuye muri Californiya aho bivugwa ko atigeze atura mu myaka yashize. Umugore witwa Cheryl Pernell wo mu Ntara ya Milwaukee mu kirego yavuze ko hari umuntu wamwegereye muri parikingi ya Walmart amubaza niba yiyandikishije gutora maze amusaba gushyira umukono ku nyandiko yemeza ko yiyandikishije, kandi ibyo byakoreshejwe mu bikorwa byo gutora West.

Mu magambo ye yagize ati “'Iyo nza kubimenya, ntabwo nari gusinya impapuro, ntabwo rwose. Kanye West yari kubona amajwi yanjye kandi ndatekereza ko ari urwenya ko yiyamamariza kuba Perezida”.

New Kanye West album 'Yandhi': release date, guest spots ...

Ikinyamakuru Dailymail kivuga ko umuturage wa Milwaukee, Wanda Thompson, mu nyandiko ye yavuze ko yashyize umukono kuri iki cyifuzo kuko Kanye West yatemberaga mu baturage asaba sinya avuga ko umusinyira ahembwa idorari rimwe (1$) ku izina. Thompson yagize ati: 'Iyo atambwira ko ahembera umukono, sinari gusinya iyi nyandiko ku mpapuro.'  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND