RFL
Kigali

Pakistan: Umunyamerika washinjwaga kuvuga nabi idini ya Islam yarasiwe mu rukiko ahita apfa

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:30/07/2020 19:06
0


Tahir Ahmad Naseem umugabo w’imyaka 47 y’amavuko ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yarasiwe mu rukiko ku wa Gatatu w’iki cyumweru mu mujyi wa Peshawar muri Pakistan aho yari akurikiranweho icyaha cyo gutuka idini ya Islam.



Nk'uko byatangajwe na Polisi yo mu mujyi wa Peshawar, ku wa Gatatu w’iki cyumweru turimo umugabo witwa Tahir Ahmad Naseem ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo yagezwaga imbere y’urukiko kubera icyaha yashinjwaga cyo gutuka idini ya Islam, yarashwe n’umusore muto agahita yitaba Imana.

Tahir Naseem

Naseem yarasiwe mu rukiko azira gutuka idini ya Islam

Uyu mugabo Naseem iki cyaha yari agikurikiranweho kuva mu mwaka wa 2018, aho yari yagishinjwe n’umusore muto witwa Awalis Malik wiga mu ishuri rya Kisilamu riri mu mujyi wa Peshawar.

Uyu musore Malik ubwo yaganiraga na BBC yavuze ko ibi byabaye ubwo yahuraga n’uyu mugabo mu isoko riri mu mujyi wa Peshawar bakagirana ikiganiro kijyanye n’imyemerere ye. Mbere y'uko bahura babanje kuganira kuri murandasi ubwo uyu mugabo yari agituye muri Amerika, nyuma ni bwo yaje kuvuga amagambo atishimiwe n’uyu musore niko guhita ajya gutanga ikirego kuri polisi.

Ibindi byaha uyu mugabo yashinjwaga harimo kuba yariyise Intuma y’Imana Muhammad (Imana imuhe amahoro n’imigisha). Uyu mugabo yari amaze imyaka ibiri muri gereza. Umuyobozi w’agace uyu mugabo yari atuyemo yavuze ko uyu mugabo yari afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, aho yongeyeho ko Naseem yigeze gushyira videwo zitandukanye ku rubuga rwa YouToube yiyita Mesiya.

Kuri uyu wa Gatatu ubwo Naseem yagezwaga imbere y’urukiko, umusore muto witwa Khalid yaciye mu rihumye abashinzwe umutekano bari barinze aho uyu mugabo yaburaniraga ni ko guhita arasa uyu mugabo amasasu menshi ahita yitaba Imana. Amakuru dukesha BBC avuga ko uyu musore yinjiye mu rukiko yariye karungu, niko guhita arekura urufaya rw’amasasu avuga mu ijwi ryo hejuru ngo ”Enemy of Islam” bishatse kuvuga ngo “Umwanzi wa Isilamu”.

Nyuma yo kuraswa Naseem yahise agwa mu rukiko mbere yo kujyanwa mu bitaro. Uyu musore muto Khalid wamurashe yahise atabwa muri yombi. Leta ya Amerika nyuma y’ibi byabaye yagize icyo itangaza, aho mu itangazo yayujije ku rukuta rwa Twitter yameje ko uyu Naseem ari umuturage wa Amerika koko.

Khalid

Khalid yatawe muri yombi nyuma yo kurasa Naseem mu rukiko akitaba Imana

Leta ya Amerika mu itangazo yasabye leta ya Pakistan “guhita igira icyo ikora kuri iki kibazo no gufata ingamba zizakumira ko hagira ikindi gikorwa kimeze nk’iki cyakongera kuba”. 

Icyaha cyo guharabika imyemerere cyangwa imyizerere (Blasphemy) ni icyaha gihanishwa ibihano bikakaye cyane muri Pakistan. Mu mategeko y’iki gihugu, kurogoya iteraniro ry’abasenga, kunyura ahashyingurwa, gutuka cyangwa guharabika imyizerere, kwangiza ahantu hasengerwa cyangwa ikintu cyose cyifashishwa mu gusenga ku bushake bihanishwa igifungo kuva ku mwaka 1 kugeza ku myaka 10.

Aya mategeko akomeza avuga ko umuntu wese uhamwe n’icyaha cyo guharabika Intumwa y’Imana Muhammad (Imana imuhe amahoro n’imigisha) ahabwa igihano cy’urupfu cyangwa agafungwa ubuzima bwe bwose.


Src: BBC & CBS News & The Print   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND