RFL
Kigali

Amagambo utagomba na rimwe kubwira umugore wawe niba umukunda by’ukuri

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:9/06/2020 15:59
0


Kugira ngo ubane n’umugore wawe mu mahoro bisaba kumwigaho, nubwo abagabo bibwira ko kuba umugabo mu rugo ari ukuvugira hejuru ariko sibyo hari amagambo ushobora gukoresha kandi ubutumwa bukagera kuwo bugenewe nta kibazo kibayeho.



Abahanga mu bijyanye n’imibanire myiza y’abakundana bagerageje kurebera hamwe amwe mu magambo mabi abagore banga kumva, niba ukunda umukunzi wawe cyangwa umugore wawe ni byiza kumira bunguri aya magambo kugira ngo ubane neza na mugenzi wawe.

Amwe muri ayo magambo ni aya akurikira:

Uriya mugore w’inshuti yawe ni mwiza: Uri gukina n’umuriro, gushima abandi bagore bifatwa nko kugereranya umukunzi wawe, reka reka ntukwiye kubwira umugore wawe iryo jambo, niba ari nabyo koko ntakwiye kumenya ko ubizi kuko yifuza kukubera mwiza wenyine, nuramuka ubwiye umugore wawe iryo jambo, uzamenye ko uri gukurura uburakari bwe.

Ufite igiheri kinini mu maso: Niba ushaka kubaka iri jambo ntirizagucike kuko nta mugore wifuza kugaragara nabi imbere y’umukunzi we, iki giheri umubwira arakizi kukurusha kandi yakoze ibishoboka byose ngo kigende biranga, kumwibutsa ko gihari rero ni ukumusonga.

Uyu munsi wabaye mwiza cyane: Nyakubahwa ukoze ikosa rikomeye kuba ubwiye umukunzi wawe ko ari mwiza uyu munsi, wari ukwiye gukuraho ijambo ”uyu munsi” niba ari mwiza uyu munsi se indi minsi 364 yasaga ate? Ibi bintu abagore babyanga urunuka niba wishimiye kumubwira ko ari mwiza irinde gushyiraho ijambo uyu munsi bizamushimisha cyane.

Uramenye ntuzigere ubaza umukunzi wawe imyaka ye: Ibyo bintu barabyanga kubi: ahubwo niba igihe cyo kumenya imyaka ye kigeze sa nk’umubwira imyaka ye ariko umubwire myinshi ugereranije n’iyo afite bizamworohera guhita akubwira iyo afite mike bitume umubona nk’aho akiri muto kuko nta mugore wishimira imyaka ye myinshi.

Uwahoze ari umukunzi wanjye na we yakundaga gukora ibi:  Nta kintu kibangamira umugore kuruta kumenya ko mugenzi we ahora amuzirikana, nta mugore wifuza kugereranwa n’undi wese. Ashobora gutangira kwibaza ibibazo byinshi nyuma yo gutekereza gutya, niba ukunda umukunzi wawe by’ukuri Irinde kuvuga ibyawe n’umukunzi wawe wa kera.

Nta warusha mama wanjye guteka neza: Umugore ntakunda ko umugereranya na nyoko, buri wese afite umwanya we, si byiza kumwereka ko umurutisha nyoko.

Src: parledamour.fr

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND