Ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi ni bwo Perezida Donald Trump yasabye ba Guverinera ba za leta zo muri iki gihugu kongera kwemerera abantu guterana mu nsengero baramya Imana muri iki gihe iki gihugu gihanganye n’icyorezo cya COVID19. Iki cyemezo cya Trump nticyakiriwe neza na bose.
Icyemezo cya Perezida Trump cyo gufungura gahunda z’insengero cyaje kuri uyu wa Gatanu nticyakiriwe neza na benshi. Mu batishimiye iki cyemezo harimo Umupadiri witwa Edward Beck usanzwe ari umusesenguzi mu byerekeye Iyobokamana, wabwiye CNN ko igihe kitari cyakageze ngo insengero zo muri Amerika zifungurwe. Kuba iki cyemezo kitakiriwe neza n’umubare utari muto ntibivuze ko hari abo kitanyuze kandi na bo benshi.
Ubwo yabitangazaga ku ngoro
y’umukuru w’igihugu cy’Amerika, Trump yatangaje ko ba Guverineri ba za leta
zigize iki gihugu bakwiye gufasha abemeramana kongera guterana. Yongeyeho kandi
ko abazabangamira ibi bikorwa batazavuga rumwe. Ibi n’ubwo yabitangaje hari
abanyomoza iki cyemezo ko Perezida adafite ububasha bwo guca iryo teka.
Mu
mbwirwaruhame yavugaga asoma yashimangiye ko iki gihugu gikeneye amasengesho
menshi ko kidakeneye make. Twakwibutsa ko iki gihugu magingo aya gifite umubare
munini w’abanduye icyorezo cya COVID19 dore ko abamaze kwandura barenga Miliyoni imwe n’igice mu gihe abahitanywe nacyo basaga 97,000.
Mu
guhuza iki gikorwa na Politiki, Perezida Trump mu rugendo rwe rwo agana muri “White House” abayobozi b’amadini
babigizemo uruhare. Mu gihe yari ahanganye na Hillary Clinton mu mwaka wa 2016,
abayobozi b’amadini bashyigikiye Donald Trump cyane kuko mu migabo n’imigambi
ye harimo byinshi byari bihuje n’aba banyamadini. Ingero zoroshye harimo ko uyu
atakozwaga gushyigikira ibijyanye gukuramo inda.
Mark J. Rozell umwarimu muri kaminuza ya George Mason
akaba n’impuguke muri Politiki n’imiyoborere, yatangaje ko nta wundi mutima
mubi kuba Trump ategetse ko insengero zifungura, ndetse ko atari agakino ka Politiki
ari gukina kugira ngo yongere yigarurire imitima y’abayobozi b’amadini. Twakwibutsa ko Trump ari we uzahagararira ishyaka ry’aba-republican
mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri uyu mwaka.
Perezida Donald Trump yagiye agirana umubano mwiza n’amadini
muri Amerika. Nyamara we ku giti cye yagiye ashiinjwa ko n’ubwo abanye neza n’abanyamadini
ari ibya nyirarubeshwa dore ko we adahuza na bo mu migenzereze aho yashatse
abagore batatu. Atungwa kandi agatoki ko yagiye amarira amafaranga y’umurengera ku
bakinnyi ba filimi y’urukozasoni n’ibindi.
Nyamara ibyo aregwa byose ntibikuraho gushimagizwa n’abayobozi
b’urusengero nka Paula White wagiye ugaragara no mu bikorwa bye byo
kwiyamamaza, umugore w’ umupasiteri Darrell Scott warose ko uyu Trump azaba Perezida w’iki gihugu mu mwaka wa 2016 ndetse n’umuvugabutumw Mark Burns unyuza ubutumwa bwiza kuri YouTube.
TANGA IGITECYEREZO