RFL
Kigali

Icyo FERWAFA ivuga ku cyifuzo cy'Inararibonye mu mupira w’amaguru ku isaranganywa ry’amafaranga y’umuterankunga wa shampiyona

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:15/05/2020 14:39
0


Mu gihe hagitegerejwe umufatanyabikorwa uzatera inkunga shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru, benshi mu basesenguzi bamaze igihe kirekire bakurikirana iby’iyi shampiyona, bemeza ko amafaranga atangwa n’umuterankunga adakwiye kugabanywa kimwe ngo amakipe anganye umugabane kuko atananganya abafana binjira ku bibuga.



Mu busanzwe iyo shampiyona yabaga ifite umuterankunga, yatangaga amafaranga akagabanywa amakipe mu rwego rwo kuyafasha kubaho, Rayon Sports ifite abafana benshi ikanganya amafaranga na Gicumbi Fc.

Ni kenshi cyane ikipe ya Rayon Sports yagiye ifatirwa ibihano kubera kwanga kwitabira amarushanwa amwe n’amwe yateguwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ , ariko bikarangira Rayon Sports itumvikanye na FERWAFA ku mafaranga igomba kuyiha angana n’ayo yageneye andi makipe, kuko n’abafana bazitabira iyo mikino ku bibuga uzasanga batangana mu mibare.  

Iyi kipe kandi ikundwa na benshi haba mu Rwanda no hanze yarwo, yagiye isaba kenshi ko amafaranga atangwa n’umuterankunga adakwiye kugabanywa kimwe ariko FERWAFA ikayima amatwi.

Umwaka w’imikino wa 2019/20 wakinwe nta muterankunga shampiyona y’u Rwanda ifite, nyuma yuko uwo yari ifite akuyemo ake karenge, akigendera.

Kugeza magingo aya, FERWAFA  iri mu biganiro n’abafatanabikorwa babiri aribo BRALIRWA na RBA, kugira ngo bazatere inkunga sampiyona y’u Rwanda uhereye mu mwaka w’imikino wa 2020/21.

Gusa ariko nubwo bitaratangazwa ko impande zombi zumvikanye kugira ngo iyi shampiyona igire umuterankunga, inararibonye ndetse n’abasesenguzi mu mupira w’amaguru bemeza ko hakwiye kuba impinduka zigaragara mu isaranganywa ry’amafaranga y’umuterankunga, kuko n’amakipe ubwayo atangana.

Sam Karenzi umunyamabanga akaba n’umuvugizi w’ikipe ya Bugesera FC, asanga FERWAFA ikwiye gutekereza kabiri kuko amakipe atanganya abafana bitabira imikino ku bibuga.

Yagize ati ”Ntekereza ko dushyize mu kuri, kuba amakipe ubwayo atanganya abafana n’ibyo agenerwa bitakabaye bingana kuko kuza kugereranya Rayon Sports na APR FC n’andi makipe waba wirengagije ukuri kandi kwigaragaza, FERWAFA izabisuzume neza kuko ubwanjye mbona umugabane w’amakipe utakabaye ungana”.

David Bayingana umunyamakuru w’imikino mu Rwanda, nawe yemeza ko kugereranya amakipe yose ukayashyira ku munzani umwe bidakwiye kuko ubwayo atangana.

Yagize ati ”Gushyira ku munzani umwe amakipe atanganya ibiro ntabwo biba aribyo, kuko ntekereza ko amakipe adakwiye kubona imigabane ingana kuko n’ibyo yinjiriza abaterankunga bitangana, ahubwo yagakwiye guhabwa ibiyikwiye ku buryo abafana bakwiyongera n’umuterankunga akanyurwa nawe akongera amafaranga bigatuma n’aya makipe mato aboneraho”.

Ubuyobozi bwa FERWAFA bwo buvuga ko icya mbere cyihutirwa buri gukora, ari ugushaka abafatanyabikorwa, naho ibyo gusaranganya amafaranga y’umuterankunga bizava mu byifuzo n’ibitekerezo by’abanyamuryango kuko bazakorana inama nyuma. 


Inararibonye mu mupira w'amaguru zemeza ko Rayon Sports na APR FC zitakabonye umugabane umwe n'uw'andi makipe ku mafaranga y'umuterankunga wa shampiyona





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND