RFL
Kigali

Adebayor yavuze ko atari we wazanye Coronavirus muri Togo, anemeza ko nta nkunga azagenera igihugu cye muri ibi bihe

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:23/04/2020 18:07
0


Emmanuel Adebayor yakuyeho urujjo n’ibyari bimaze iminsi bivugwa, ahakana ku mugaragaro ko atariwe wazanye icyorezo cya Coronavirus muri Togo, anakurira inzira ku murima abatekerezaga ko hari inkunga azagenera abagizweho ingaruka n’iki cyorezo muri Togo, avuga ko akora icyo ashaka mu buryo ashaka nta gahato.



Muri ibi bihe bya Coronavirus, abakinnyi ndetse n’ibindi bamamare bakomeje gukora igikorwa cy’urukundo aho bari gutanga inkunga ku baturage bagizweo ingaruka n’iki cyorezo mu bihugu bavukamo cyangwa bakinamo.

Benshi mu banya-Togo bari bategereje icyo Adebayor wamamaye mu mupira w’amaguru agiye gukora mu gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’iki cyorezo, gusa ariko we siko abibona kuko yahakane ko nta n’igiceri kimwe azaha abanya-Togo muri ibi bihe.

Ku mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukinnyi yahamije ko nta bufasha azatanga ku gihugu cye.

Yagize ati”Abo bose bavuga ngo nta bufasha ndi gutanga, ni bampe amahoro. Nkora icyo nshaka no mu buryo nshaka”.  

“Ushobora kungereranya na Didier Drogba cyangwa Samuel Eto’o, gusa ariko si ndibo, njye ndi Emmanuel Sheyi Adebayor kandi igihe cyose nkora icyo nshaka”.

Adebayor kandi yanasubije abakomeje kuvuga ko ariwe wazanye icyorezo cya Coronavirus muri Togo, ubwo yari avuye muri Paraguay.

Yagize ati”Benshi batekereza ko ari njye waizanye, ntabwo ari byo, ni ukumparabika”. 


Adebayor yavuze ko nta nkunga azagenera igiugu cye muri ibi bihe ba Coronavirus






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND