Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumenyesha abakinnyi ko batazigera bahembwa imishahara yabo y’amezi abiri ari yo Werurwe na Mata, kubera ihungabana ry’ubukungu iyi kipe ya rubanda ifite nk’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus.
Nyuma
y’aho icyorezo cya Coronavirus gikomeje guhagarika ibikorwa bitandukanye by’imikino
birimo umupira w’amaguru, amwe mu makipe yagiye afata ingamba zirimo guhagarika
imishahara y’abakinnyi, gukata igice cy’umushahara ndetse no gukomeza guhemba
amakipe.
Nk'uko
Kigali Today ibitangaza, ikipe ya Rayon Sports yamaze kwandikira abakinnyi
n’abandi bakozi bayo, ibamenyesha ko muri iki gihe cya Coronavirus Rayon Sports
itazabasha gutanga umushahara kubera ko impande zombi zitari kubahiriza
ibikubiye mu masezerano.
Muri
iyi baruwa, Rayon Sports yamenyesheje abakozi bayo ko izabahemba umushahara
w’ukwezi kwa Gashyantare (ukwa kabiri) bari bababereyemo, bakazongera guhabwa
umushahara ari uko ibikorwa by’imikino bisubukuwe nyumba ya Coronavirus.
Ibi
bibaye nyuma y’aho FERWAFA yandikiye abanyamuryango bayo ibamenyesha amabwiriza
mashya n’inama bahawe na FIFA, aho ibaruwa hari agace kakomoje ku bijyanye
n’imishahara y’abakinnyi.
Ikipe
ya Rayon Sports ibaye ikipe ya gatatu mu Rwanda ihagaritse imishahara
y’abakinnyi, nyuma y’ikipe ya Musanze na Espoir FC ziheruka kubikora, gusa zo
zikaba zarahaye abakinnyi umushahara w’ukwezi kwa gatatu.
Abakinnyi ba Rayon Sports bahagarikiwe imishahara
TANGA IGITECYEREZO