RFL
Kigali

Umubyeyi wa Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City, yishwe na Coronavirus

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:6/04/2020 19:57
0


Kuri uyu wa mbere tariki 6 Mata 2020, nibwo ikipe ya Manchester City ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yatangaje amakuru y‘akababaro ko umubeyi ubyara umutoza mukuru w’iyi kipe yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus cyugarije abatuye Isi.



Dolors Sala Carrió w’imyaka 82 y’amavuko yaguye mu gace ka Manresa, mu mujyi wa Barcelona muri Espagne aho yari amaze iminsi arwariye icyorezo cya Coronavirus .

Benshi mu bakinnyi Pep. Guardiola yatoje haba muri FC Barcelona ndetse no Muri Man.City atoza kuri ubu, ndetse na nyinshi mu nshuti ze, bamwoherereje ubutumwa bumwihanganisha n’umuryango we muri ibi bihe bigoye byo kubura umubyeyi wabo.

Uretse amakipe Guardiola yatoje, andi makipe, abakinnyi ndetse n’abafite aho bahuriye n’umupira w’amaguru batanze ubutumwa bwihanganisha Guardiola n’umuryango we.

Ikipe ya Manchester United ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter batangaje ko bababajwe n’iyi nkuru y’akababaro ba ihanganisha Guardiola n’umuryango we.

Bagize bati”Buri wese muri Manchester United yababajweno kumva iyi nkuru y’akababaro, twihanganishije Pep. Guardiola n’umuryango we”.

Ikipe a Arsenal nayo ibinyujije kuri Twtter agize iti”Twababajwe cyane n’iyi nkuru y’akababaro, twihanganishije kandi dukomeje Pep. Guardiola n’umuryango we muri ibi bihe bigoye barimo, turabakunda”.

Mu kwezi gushize Guardiola yatanze Miliyoni imwe y’ama-Euro kuri bimwe mu bitaro byo mu gace akomokamo bya ‘Barcelona Angel Soler Daniel Foundation and Medical College’ mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus mu gihugu cya Espagne.

Espagne n kimwe mu bihugu bibasiwe kandi byazahajwe n’icyorezo cya Coronavirus, kuko imaze guhitana abantu barenga 13,000, umubare munini ukaba umaze kwandura iki cyorezo. 


Umubyeyi wa Pep.Guardiola yitabye Imana ku myaka 82 y'amavuko





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND