RFL
Kigali

Llorente ukinira Atletico Madrid yasembuye abakunzi ba Liverpool yitirira imbwa ye Stade ya Anfield

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:4/04/2020 20:26
0


Umunya-Espagne w’imyaka 25 y’amavuko ukina mu kibuga hagati muri Atletico Madrid yo muri Espagne, Marcos Llorente, yakoze mu jisho abakunzi ba Liverpool,ubwo yitaga imbwa ye izina ry’ikibuga cy’iyi kipe cya Anfield baherutse gukoreraho amateka akomeye nyuma yo kwandagaza Liverpool imbere y’abafana bayo.



Llorente watsinze ibitego 2 muri 3-2 ikipe ya Atletico Madrid yatsinze Liverpool mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cya UEFA Champions League wabereye ku kibuga Anfield mu kwezi gushize, ubwo yari yinjiye mu kibuga asimbuye Diego Costa ku munota wa 56, ntibyamubujije gukorera amateka mu Bwongereza muri uyu mukino wamaze iminota 120.

Ibi byatumye Atletico Madrid isezerera Liverpool iyitsinze ibitego 4-2 mu mikino yombi.

Nyuma y’uyu mukino, Llorent yanyarukiye ku rukuta rwe rwa Instagram ahamya ko imbwa ye yayihaye izina rishya ubu ikaba yitwa ‘Anfield’.

Mu butumwa yanditse kuri Instagram,Llorente yagize ati “Anfield ‘imbwa ye’ iri kureba uko ku Isi biri kugenda.”Arangije ashyiraho ifoto y’iyo mbwa.

Ntabwo ubu butumwa bwa Marcos Llorente bwakiriwe neza n’abakunzi ba Liverpool, dore ko benshi muri bo babifase nko kwishongora byuzuyemo n’agasuzuguro kenshi.


Imbwa ya Llorente yitiriwe Anfield


Marcos Llorente yatsinze ibitego bibiri mu mukino Atletico Madrid yasezereyemo Liverpool





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND