RFL
Kigali

Abakinnyi b’amakipe akomeye mu Budage bemeye kugabanyirizwa umushahara mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:26/03/2020 12:22
0


Abakinnyi b’amakipe ya Bayern Munich na Borussia Dortmund bemereye abayobozi ko bagabanyirizwa umushahara mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye Isi muri iki gihe.



Muri iki gihe nta mikino iri kuba, amakipe atandukanye ari gushaka ibisubizo byo kugira ngo atazagira ihungabana ry’ubukungu kubera gukomeza kwishyura abakinnyi amafaranga y’umurengera kandi badakora, nta mikino bakina ngo ikipe yinjize.

Ni muri urwo rwego abayobozi b’amakipe ya Bayern Munich na Borussia Dortmund, bahisemo kwegera abakinnyi barabaganiriza maze abakinnyi bemera kugabanyirizwa imishahara nta mananiza abayeho kuko nabo babona ikibazo gihari ndetse n’ingaruka gishobora kuzasiga mu minsi iri imbere hataramutse hafashwe ingamaba hakiri kare.

Abakinnyi bo  muri Bayern Munich bazagabanyirizwa ho 20% by’imishahara bahabwaga mu gihe abo muri Borussia Dortmund, bazahara igice cy’ayo bahembwaga.

Andi makipe nayo akomeje gufata imyanzuro yo guhangana n’iki cyorezo cyaziye abatuye Isi, Abakinnyi ba Union Berlin, yo mu cyiciro cya mbere muri  Shampiyona y’u Budage, batangaje ko bemeye guhara imishahara yabo.

Itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe yabo ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, rivuga ko abakinnyi bose bo mu ikipe ya mbere, bemeye guhara imishahara yabo. Abandi bakozi b’ikipe bemeye gukomeza gukora amasaha make, bakazahabwa igice cy’umushahara.

Mu cyumweru gishize, abakinnyi ba Borussia Monchengladbach na bo bari batangaje ko batazasaba imishahara.

Imibare igaragaza ko kugeza ku wa Gatatu, mu Budage habarurwaga abantu 31 554 bamaze kwandura Coronavirus mu gihe 149 aribo bahitanywe n’icyo cyorezo.


Abakinnyi ba Bayern Munich bemeye kugabanyirizwa imishahara mu rwego rwo guhangana n'ingaruka za Coronavirus


Abakinnyi ba Borussia Dortmund nabo bemeye kugabanyirizwa imishahara


Abakinnyi ba Union Berlin bemeye guhara imishahara yabo


Abakinnyi ba Borussia Monchengladbach batangaje ko batazasaba imishahara





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND