RFL
Kigali

Ese koko amaraso y’abanyafrika ntapfa guhangarwa na Coronavirus?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:11/03/2020 13:18
0


Umuganga wo mu Bushinwa aherutse kwemeza neza ko amaraso y’abanyafrika adapfa guhangarwa na coronavirus ashingiye ku bisubizo yari abonye nyuma yo kuvura umunyeshuri w’umunya Cameroon ubwo yamusangagamo iyi ndwara nyuma yamupima agasanga ntayo agifite.



Senou ni umunyeshuri ukomoka muri Cameroon ariko wiga mu Bushinwa, mu minsi yashize bamusanzemo Coronavirus nyuma baza gusanga ntayo agifite, ibintu byatangaje benshi.

By’umwihariko umuganga wakurikiraniraga hafi uyu munyeshuri yaratunguwe cyane, yibaza ukuntu asanze uyu mwana nta Coronavirus agifite n’abantu benshi uyu muganga yavuye ariko bakanga bagapfa abandi bakaba batarakira.

Uyu muganga yatangaje ko impamvu uyu munyeshuri yakize ari ukubera ibigize amaraso ye ndetse ko impamvu nyamukuru ari uko ari umwirabura kubera ko ubwirinzi bw’abirabura bwikubye 3 ubw’abafite uruhu rwera.

Aha twahita twibaza niba koko ibyo uyu muganga yatangaje ari ukuri ijana ku ijana cyangwa se niba ibyo avuga ntaho bihuriye n’ukuri ariko kuba umuntu umwe ari umwirabura undi ari umuzungu ntibikuyeho ko bose ari abantu, indwara zose zabafata.

Gusa ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku buzima rimaze kubona iyi nkuru ryatangaje ko aya makuru ari ibinyoma.

Src: Reuters






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND