RFL
Kigali

U Rwanda ntabwo rukitabiriye imikino ya CHAN 2020 iteganyijwe kubera muri Cameroon

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:11/03/2020 9:39
0


Amashyirahamwe ya siporo mu Rwanda yarangije gutangaza ko yabaye ahagaritse gahunda zose yari afite zo kwitabira imikino mpuzamahanga izakinirwa hanze y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus kimaze iminsi gihangayikishije abatuye Isi muri rusange.



Nkuko bigaragara mu nkuru ya Funclub, Umwe mu myanzuro wafatiwe mu nama yabaye kuwa kane w’icyumweru twashoje mu rwego rwo gukumira no guhashya icyorezo cya Coronavirus ukaba usaba amashyirahamwe yose guhagatrika ibikorwa byose bya siporo bateganyaga kwitabira hanze y’u Rwanda cyane cyane mu bihugu byanarangije kugaragaramo iyi ndwara.

Minisports ikaba yasabye aya mashyirahamwe guhita yandikira abo bireba ku rwego rwa afurika cyangwa ku si mu kwirinda ko yazafatirwa ibihano.

Ibi bikaba bivuze ko u Rwanda rutakerejehe muri Cap Vert mu mukino w’amajonjora yo gushaka itike yo kujya muri CAN 2021 ndetse no mu gikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu gihugu CHAN 2020 izabera muri Cameroon mu kwezi gutaha.

Ntiharatangazwa niba koko iri rushanwa rizakinwa ku msatariki yari ateganyijwe kubera ko Cameroon izakira yamaze kugaragaramo abarwayi ba Coronavirus.


Amavubi ntakitabiriye irushanwa rya CHAN 2020 rizabera muri Cameroon muri Mata


Amavubi kandi ntakigiye muri Cap Verd gukina umukino wo gushaka itike ya CAN 2021





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND