RFL
Kigali

Yannick Bizimana arahabwa amahirwe yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza w’ukwezi muri Rayon Sports

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:6/02/2020 12:57
0


Rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports Yannick Bizimana, ubitse ibihembo bibiri by’umukinnyi mwiza w’ukwezi biheruka gutangwa muri Rayon Sports, yongeye kugaragara ku rutonde rw’abahatanira igihembo cy’umnukinnyi witwaye neza muri Mutarama, kandi anafite amahirwe yo kwegukana.



Bizimana Yannic uheruka kwegukana ibihembo bibiri biheruka gutangwa mu Ugushyingo & Ukuboza 2019, bikaba bitangwa buri kwezi n’itsinda ry’abafana ba Rayon Sports bibumbiye muri March Generation Fan Club ku bufatanye n’uruganda rwa Skol Brewery LTD, aho bahemba  umukinnyi w’indashyikirwa muri Rayon Sports buri kwezi.

Iki gihembo cy’umukinnyi mwiza mu kwezi kwa mbere muri Rayon Sports, kirahatanirwa na rutahizamu Yannick Bizimana unahabwa amahirwe yo kucyisubiza, Myugariro akaba na Kapiteni wa Rayon Sports Eric Rutanga ndetse na Kakule Mugheni Fabrice ukina mu kibuga hagati muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Mugheni Kakule Fabrice ukina hagati mu kibuga, akaba amaze kugarura icyizere nyuma y’igenda rya Martinez Espinoza wari umutoza mukuru wa Rayon Sports mu mikino ibanza ya shampiyona 2019-2020, akaba ari umukinnyi uri gufasha Rayon Sports cyane mu kibuga hagati, akanarema uburyo bwinshi bwo gutsinda ibitego.

Eric Rutanga ukina mu bwugarizi ku ruhande rw’ibumoso, nawe yarigaragaje cyane mu ntangiriro z’uyu mwaka akaba nawe ahabwa amahirwe yo kwegukana iki gihembo yigeze guhabwa.

Yannick Bizimana ubitse ibihembo bibiri biheruka gutangwa mu mezi abiri ashize, arashaka guca agahigo ko kwegukana igihembo cya gatatu cyikurikiranya, dore ko yabikoreye mu kwezi gushize kwa mbere, ayo yagiye atsindira ibitego iyi kipe akanakora cyane mu kibuga bigaragarira amaso ya buri wese.

Gutora umukinnyi mwiza bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga za SKOL Brewery Ltd, March’ Generation Fan Club.

Gahunda yo guhemba umukinnyi wa Mutarama 2020 itehanyijwe tariki 13 Gashyantare 2020 saa kumi ku kibuga cyo mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe ikorera imyitozo.


Eric Rutanga ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana igihembo cyo muri Mutarama


Yannick arahabwa amahirwe yo kwisubiza iki gihembo agahita aca agahigo


Fabrice Mugheni wagarutse mu kibuga nawe arahabwa amahirwe yo kwegukana iki gihembo


Uko gahunda y'iki gikorwa iteye





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND