Umuhanzi Christopher aratangaza ko afite ishema n’ibyishimo byinshi atewe no kuba ari we muhanzi w’umunyarwanda azahurira ku rubyiniro n’itsinda rya Kassav yakuze yigiraho byinshi.
Tariki 14 Gashyantare
hizihizwa umunsi wa Mutagatifu Valentin ufatwa nk’urugero rw’abakundanye. Ni umunsi
wizihizwa n’abantu b’ingeri zitandukanye haba abemera ihimbazwa ry’abatagatifu
n’abatebyemera.
Mu rwego rwo gufasha
abakundana kuryohererwa n’umunsi wabo, hatumiwe itsinda ry’abanyamuziki rya
Kassav rimaze imyaka 40, rikora injyana ya Zouk rikagarurira imitima y’abatagira
ingano.
Itsinda rya Kassav
rizafatanya n’umuhanzi Muneza Christopher [Topher] ari we munyarwanda rukumbi
uzaririmba muri iki gitaramo cy’imbonekarimwe.
Mu Kiganiro yagiranye na
INYARWANDA, Christopher yavuze ko umunsi wa Saint Valentin afitanye na wo
amateka kuko amaze igihe kinini awukora ho ibitaramo bifite icyo bisobanuye ku
muziki we.
Ati “Njyewe na Saint
Valentin dufitanye amateka akomeye. Kuva mu 2013 kugeza ubu mu 2020; niho nakoreye
igitaramo cyanjye cya mbere, niho namurikiye alubumu ya kabiri. Ni umunsi iyo
ugeze abantu baba bampanze amaso kuko bamaze kubimenyera ko tugomba gutaramana.”
Christopher yongeyeho ko ari
iby’agaciro kanini kuri we kuba agiye guhurira ku rubyiniro rumwe n’itsinda rya
Kassav avuga ko ryamukundishije injyana ya Zouk nawe akunda kuririmbamo.
Ati “ Bisobanuye ikintu
kinini ku muziki. Kassav bamaze imyaka 40 ni ibintu byiza gusangira urubyiniro
n’abantu nka bariya. Umuntu wese ukoze
Zouk aba ari umusaruro wa Kassav nanjye nigiye ku muziki wabo kuva kera cyane ndi
umwana muto nanjyaga mbumva.”
tsinda riri
mu yakunzwe cyane ku isi kuva mu myaka ya 1979, ryashinzwe na Pierre Edouard
Decimus, waje guhamagara bagenzi be barimo Jacob Desvarieux, murumuna we
Georges Décimus, Jocelyne Béroard, Jean-Philippe Marthély, na Jean-Claude
Naimro.
Itsinda rya
Kassav ryamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo “OU La”, “Rété”, “Siwo”,
“Kolé Séré”, n’izindi.
TANGA IGITECYEREZO