RFL
Kigali

Menya zimwe mu mpinduka umuntu ahura nazo iyo amaze gushinga urugo

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:8/01/2020 18:22
1


Hari abantu bibwira ko iyo amaze gushinga urugo ibintu biguma uko byahoze nyamara baba bibeshya. Kumenya impinduka zibaho igihe umuntu amaze gushinga urugo ni bwo buryo bwiza bwo kubasha gutegura uburyo uzazitwaramo igihe zizaba zakugezeho.



Muri iyi nkuru tugiye kukugezaho zimwe mu mpinduka uzahura nazo nyuma yo gushinga urugo haba izo kuri wowe ubwawe, izo mu rukundo ndetse n’uburyo abandi bantu bakubona.

 

1. Imibonano mpuzabitsina irushaho kugenda neza iyo umaze gushinga urugo. Ubusanzwe abantu baryamana batarashyingiranywe babikora bihishe ndetse banafite urwikekwe kuko baba batabyemerewe, ariko nyuma yo gushyingiranwa impungenge zose ziba zaravuyeho kuko muba mukora ibyanyu nta mpungenge zo gutwara cyangwa gutera inda itateganyijwe n’izindi mbogamizi zose mwajyaga muhura nazo mbere y’uko mushyingiranwa.


2. Abantu batangira kukubona bitandukanye n’uko bakubonaga cyangwa bagufataga ukiri ingaragu kuko baba bakubona nk’umuntu ufite inshingano.


3. Uba wamaze kugira igihe kinini cyo kuba uri kumwe n’uwo mwashakanye kuko mbere muba mwahuraga amasaha make igihe mwasuranye cyangwa mwahuye ku bw’impamvu. Birumvikana ko n’ibyo muganira bishobora kwiyongera ibyo umwe atabonaga kuri mugenzi we nabyo akabibona bitewe no kumarana igihe kinini. Aha rero bisaba kwitwararika no kurinda isezerano.

 

4. Iyo ukiri ingaragu uba upanga gahunda zawe wenyine mu bitekerezo byawe ariko iyo umaze gushaka birahinduka uba usigaye utekereza ibintu bya babiri. Bisaba kwagura ibitekerezo no kwiyumvamo uwo mubana kugira ngo ubashe gupanga ibyo mukorera hamwe.

 

5. Uburyo ukoresha amafaranga burahinduka iyo umaze gushaka. Uba ugeze aho gukoresha amafaranga no kuyazigama mu mwanya w’abantu babiri. Aha rero uba ugomba guhitamo kuyazigama kurusha kuyatakaza cyangwa kuyasohora kenshi.


6. Uburyo mwashwanaga cyangwa mwagiraga intonganya burahinduka iyo mumaze gushyingiranwa. Mbere iyo mwagiranaga ikibazo umuti wa mbere wabaga ari ugukangisha kuva mu rukundo ariko iyo mwamaze gushyingiranwa ntiba ikiri iturufu yo kurisha. Muba mugomba guca bugufi mwembi mugashaka umuti w’ikibazo.

 

7. Ubuzima bwawe buba bushingiye ku wundi muntu utari wowe cyangwa ababyeyi bawe ahubwo uwo mwashakanye. Hari abamara gushakana akumva ko nyina, se cyangwa abavandimwe be aribo yaha agaciro kurenza uwo bashakanye nyamara biba ari ukwibeshya no kwisenyera. Uwo mwashyingiranwe ni we ubuzima bwawe buba bugomba kwibandaho mbere y’abandi bose.

 

8. Iyo umaze gushyingirwa abantu batangira kugufata nk’umuntu mukuru cyane ku buryo barushaho kukubaha.

 

9. Iyo umaze gushyingirwa uba ugomba kugabanya igihe wamaranaga n’inshuti zawe z’ingaragu ugatangira kwihuza n’abandi bashyingiranwe mbere kuko ni bo muba mufite byinshi mwaganira kandi muhuriyeho. Ni nayo mpamvu uzasanga mu nsengero hari korari z’abakuru, amatsinda y’abakuru n’ibindi bitandukanye n’ibyo ingaragu zihuriramo.

 

10. Umuco wawe wo gutakaza amafaranga uba ugomba guhinduka ukanyura mu mucyo kuko icyo ugiye gukoresha amafaranga cyose uwo mwashakanye aba agomba kuba akizi ndetse mwanacyumvikanyeho.

 

11. Iyo utarashaka ababyeyi bawe n’abavandimwe nibo baba bari mu bitekerezo byawe ndetse bakwiye no kumenya ibyawe byose mu buzima ariko iyo umaze gushyingiranwa umukunzi wawe ni we uba ugomba guhagarara muri uwo mwanya abandi bakaza nyuma ye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bebe4 years ago
    Wowww wa munyamakuru we uzanshake kugurire kabisa.Ibi bintu uvuze ni ukuri %.nibyoooooo cyaneee





Inyarwanda BACKGROUND