RFL
Kigali

Nshimiyimana Ibrahim wirukanwe na AS Kigali yasinye muri Gasogi United

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:6/01/2020 15:40
1


Rutahizamu Nshimiyimana Ibrahim wakinaga muri AS Kigali ariko bakaza gutandukana mbere y’uko imikino yo kwishyura itangira ashinjwa imyitwarire mibi yagaragaje mu gice kibanza cya shampiyona, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri n’igice muri Gasogi United.



Uyu musore wari waratanzwe ku rutonde rw’abakinnyi Gasogi United izakoresha mu mikino yo kwishyura, byatunguranye ari mu bakinnyi besezerewe na AS Kigali, kandi yari umukinnyi wayihetse mu marushanwa atandukanye, ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bwafashe umwanzuro wo kumusezerera aho yashinjwe imyitwarire mibi.

Nshimiyimana Ibrahim wageze muri AS Kigali avuye muri Mukura Victory Sports yari imaze kwegukana igikombe cy’amahoro muri 2018, yamaze gusinya imyaka ibiri n’igice muri Gasogi United.

Ibrahim Nshimiyimana uzwi ku izina rya Ibra yabaye umukinnyi wa Gatatu mushya Gasogi isinyishije uzayifasha mu mikino yo kwishyura, nyuma y'uko mu minsi ishize yari yasinyishije umurundi wakinaga muri Kenya witwa Ndikumana Tresor ndetse n’umunyezamu Kwizera Olivier waherukaga gukinaga muri Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo.

Ibrahim Nshimiyimana avuga ko akimara gutandukana na AS Kigali, ibitekerezo bye byahise biganisha kuri Gasogi United kuko ari ikipe yumva yamufasha kugera ku ntego ze muri uyu mwuga.

Ibrahim wagiye afasha AS Kigali mu marushanwa atandukanye arimo na CAF Confederations Cup nubwo iyi kipe itageze kure gusa ariko yatangaga ibyo afite, abafana ba AS Kigali ntibazibagirwa igitego yatsinze KMC yo muri Tanzania.

Ibra aje gufasha ubusatirizi bwa Gasogi United bwari buyobowe na Tidiane Kone, kugira imbaraga zo guhangana n’amakipe akomeye muri shampiyona y’u Rwanda.


Ubuyobozi bwa Gasogi United na Ibrahim bemeranyije kuzayikinira imyaka ibiri n'igice



Umunyezamu Kwizera Olivier nawe yasinye mu minsi ishize


Ndikumana Tresor nawe yasinye muri Gasogi United mu minsi micye ishize avuye muri Kenya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Samuel4 years ago
    Twishimiye amasezereno mukomeje guha abakinnyi babanyarwanda kd gasogi turayikunda cyane nubwo tubadufana ayandi makipe. Numukunzi was TV1 hamiss Samuel





Inyarwanda BACKGROUND