Dore inshuti 4 ukwiye gusiga muri 2019

Urukundo - 02/01/2020 4:47 PM
Share:
Dore inshuti 4 ukwiye gusiga muri 2019

Hari imvugo abantu bakunze gukoresha ivuga ngo ‘Umubisha uzi aruta umumarayika utazi’ ishatse gusobanura ko umuntu mubi cyangwa ukwanga ubizi ko akwanga aruta kure umuntu ukwishushanyaho akigira mwiza ariko ari mubi cyangwa akwanga.

Hari bantu baza mu buzima bw’abandi bakabereka ko ari inshuti nyamara ari abagome umuntu yafata nk’ubumara mu buzima bwe. Inshuti nk’izo rero ziza mu buzima gusa kugutesha umutwe ,kuguhangayika no kugukoresha nyamara nta kiza uteze kuzibonaho cyagufasha mu buzima. Twifashishije urubuga phx.scooper.news twaguteguriye inshuti enye ukwiye gusiga mu mwaka wa 2019, ugatangira ubuzima bushya n’umwaka mushya.

 

1. Inshuti muhanganye

Iyo ubushuti bwageze mu guhangana biba ari igihe cyo kubuhagarika. Inshuti nk’iyi ihora ishaka uko muhangana kuko ntijya igushimira intambwe nziza wagezeho ahubwo byose bihinduka nk’agakino imbere ye. Aho gusangira nawe ibyishimo by’uko wateye indi ntambwe, ahubwo abibona mo umwanya wo kuganira bya nyirarureshwa kubindi bijyanye n’iterambere rye. Azamura ibyo biganiro agira ngo akumvishe ko udakwiye kumwirataho kuko nawe afite ibye byinshi yagezeho.

 

2. Inshuti yica isezerano

Bene iyi nshuti ihora muri wambabariye nyamara yagutengushye kubyo mwari mwasezeranye kandi akumva ko wowe ugomba kubirenza amaso ukaguma ukamwitwaraho neza cyangwa ukaguma ugakorana nawe gahunda zose ntacyo uhinduyemo. Iyi si inshuti ukwiye kugumana nayo kuko ugenda ucika intege rimwe narimwe ukazanashiduka ntacyo usigaranye kubera kuguma kuguhenda ubwenge gutyo.

 

3. Inshuti ihora inenga

Ntakintu kizima Wabasha gukora uri kumwe n’inshuti nk’iyi ihora inenga kuva kubyo wambara kugera ku buryo uvuga. Abenshi mu bakora ibi kandi usanga abinyuza mu buryo bwo gutera urwenya ariko nawe bikagusaba imbaraga zo gushaka uko udefanda cyangwa uhangana n’ibyo bitero by’ibicantege ahora akugabaho.

 

4. Inshuti ivuga ibihuha

Bene iyi nshuti usanga igusenyamo ikizere kuko aba agaragara nk’utanabasha kubika ibanga igihe mwaganiriye kabone n’ubwo mwaba mwasezeranye ko ntawe agomba kubibwira wundi. Ni cyo gihe ngo urekane n’inshuti nk’izo kuko umuntu ukwiza impuha ahora anashakisha ibyo avuga kuburyo bitamworohera kugira ibyo agira ibanga kandi yagize amahirwe yo kubona ibyo akwirakwiza.

 

Abantu bagira inshuti ariko hari uba wifuza ko iberaho kumushyigikira n’ibindi byatuma arushaho gutera imbere nyamara hari uza akakwihishamo afite ikindi agamije gishobora no kwangiza imibereho yawe. Niba ubona inshuti ufite zitakugeza kubyo uzitezeho ni byiza kuzireka amazi atararenga inkombe.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...