Mu myaka 10 ishize, umugabane wa Afurika wagize impano nyinshi mu mupira w’amaguru, benshi mu bakinnyi babonye amakipe meza kandi akomeye ku mugabane w’iburayi, ndetse banayabera inkingi ya mwamba, bagira uruhare mu kwitwara neza kwayo, bayahesha ibikombe bikomeye, banandika amateka ikipe izagenderaho kuva ku gisekuruza kimwe ujya ku kindi.
Ntibyoroshye
guhitamo abakinnyi 11 bahize abandi kuri buri mwanya mu kibuga, kubera ko hari
abakinnyi bitwaye neza benshi kuri buri mwanya mu myaka 10 ishize, gusa ariko
twasubije amaso inyuma twifashisha bimwe mu binyamakuru bitandukanye byandika
ku mikino kuri uyu mugabane wa Afurika, tuguhitiramo abakinnyi 11 bagize ikipe
nziza y’abanyafurika mu myaka 10 ishize.
Abakinnyi 11 beza muri Afurika mu
myaka 10 ishize
Mu izamu: Vincent Enyeama (Nigeria)
Vincent
Enyeama ni umwe mu banyezamu bacye b’abanyafurika bahiriwe no gukinira amakipe
yo ku mugabane w’iburayi. Yatwaranye na Maccabi Teraviv igikombe cya shampiyona
ya Israel mu mwaka wa 2013. Akinira ikipe ya Lille, yamaze imikino 11 atinjijwe
igitego.
Mu
ikipe y’igihugu, Enyeama yafashije
Nigeria kwegukana igikombe cya Afurika mu mwaka wa 2013, anatorwa nk’umukinnyi
witwaye neza muri Nigeria mu mikino y’igikombe cy’isi yabereye muri Brazil
2014.
Mu bwugarizi: Kolo Toure (Ivory Coast)
Kolo
Toure wahoze ari kapiteni wa Manchester City yo mu bwongereza, ni umwe mu
bakinnyi Ivory Coast yagenderagaho mu mwaka wa 2015 batwara igikombe cya
Afurika.
Byari
ibirori mu mujyi wa Machester ubwo umuherwe w’iyi ki[pe Sheikh Mansour
yatangazaga ko yazanye irindi zina rikomeye rivuye mu ikipe ya Arsenal, ariryo
Kolo Toure. Ni umukinnyi wafashije byinshi iyi kipe ndetse n’ikipe y’igihugu mu
myaka 10 ishize.
Mu bwugarizi: Benoit Assou-Ekotto
(Cameroon)
Ekotto
watangiye imyaka 10 ishize ari muri Tottenham Hotspurs, yari umwe mu bakinnyi beza bakina ku ruhande rw’ibumoso neza muri
Premier League ku bw’umutoza Harry Redknapp.
Gareth
Bale ni umuhamya mwiza w’ubuhanga bwa Assou-Ekotto, kubera ko yamufashije cyane
kuva ku rwego rumwe ajya kurundi, bitewe n’ubwumvikane bari bafite mu kibuga n’umuvuduko
bakiniragaho kandi bagahuza.
Mu bwugarizi: Medhi Benatia (Morocco)
Benatia
yari umwe muri bamyugariro beza mu gihugu cy’ubutaliyani ubwo yakinaga muri
Udinese, ariko abantu benshi bamumenye agiye muri AS Roma.
Benatia
yatowe nk’umukinnyi mwiza muri Shampiyona y’ubutaliyani mu mwaka wa 2014, mbere
yuko yerekeza muri Bayern Munich. Muri 2016, Benatia yerekeje muri Juventus
ayifasha gutwara ibikombe bitatu bya shampiyona byakurikiyeho.
Mu bwugarizi: Kalidou Koulibaly
(Senegal)
Koulibaly
yabaye Myugariro mwiza mu gihugu cy’ubutaliyani mu myaka itatu ishize
yikurikiranye.
Yafashije
ikipe y’igihugu ya Senegal kugera ku mukino wa nyuma mu mikino y’igikombe cya
Afurika ku nshuro ya mbere muri mwaka wa 2019, akaba afatwa nk’urugero rwa
myugariro mwiza mu mikinire mishya igezweho mu mupira w’amaguru.
Ikipe
ya Napoli akinira kuri ubu yanze amafaranga menshi yahabwaga n’amakipe
atandukanye yo ku mugabane w’iburayi yifuzaga uyu mukinnyi.
Hagati mu kibuga: Michael Essien
(Ghana)
Michael
Essien ni umwe mu bakinnyi beza bakina mu kibuga hagati Afurika yagize mu myaka
10 ishize n’ubwo yakunze kwibasirwa n’imvune.
Essien
yagize uruhare mu gutuma ikipe y’igihugu ya Ghana(Black Stars) ibona itike y’igikombe
cy’Isi cyo mu mwaka wa 2014.
Essien
yafashije ikipe ya Chelsea kwegukana igikombe cya Champions League ku mugabane
w’iburayi mu mwaka wa 2012.
Hagati mu kibuga: Yaya Toure (Ivory
Coast)
Yaya
yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umunyafurika inshuro enye, byatumye aba umukinnyi
wa mbere ukoze aya mateka ku mugabane wa Afurika, yatsindiye ikipe ya
Manchester City ibitego 79, muri iyi myaka 10 ishize.
Yatwaye
igikombe cya Premier League inshuro eshatu, atwara FA Cup imwe, anatwara
igikombe cya League Cup ishuro ebyiri, akaba kandi yari yaranatwaranye na
Barcelona igikombe cya shampiyona ya Espagne.
Uyu
mukinnyi akaba yari kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Ivory Coast yatwaye igikombe
cya Afurika muri 2015.
Hagati mu kibuga: Sadio Mane (Senegal)
Sadio
Mane ukinira ikipe ya Liverpool, wagaragaye mu myaka micye ishize, gusa ariko
ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe ya Liverpool banamaze kuyandikamo
amateka akomeye.
Mane
amaze gutsindira Liverpool ibitego 73, afasha iyi kipe kugera ku mikino ya
nyuma ibiri ya Champions League, batsindamo umwe, ubwo begukanaga Champions
League iheruka, bari bakumbuye.
Uhereye
muri Salzburg yakiniye, akerekeza muri Southampton, ukagera muri Liverpool
akinira kuri ubu, amaze gutsinda ibitego 150, atanga imipira 60 yavuyemo
ibitego.
Ubusatirizi: Mohamed Salah (Egypt)
Salah,
asigaye yitwa umwami w’abanya Misiri, akaba ariwe mukinnyi w’umunyafurika wenyine
wagaragaye mu bakinnyi batatu bahatanira Ballon d’Or.
Salah
yatanze umusaruro atari yitezweho muri Liverpool, aho yahembwe urukweto rwa
zahabu nk’umukinnyi watsinze ibitego byinshi ndetse anahembwa nk’umukinnyi w’umwaka
mu bwongereza mu mwaka umwe w’imikino.
Salah
afite ibihembo bibiri biheruka by’umukinnyi mwiza ku mugabane wa Afurika, akaba
amaze gutsinda ibitego 202, mu makipe yakiniye ndetse no mu ikipe y’igihugu.
Ubusatirizi: Didier Drogba (Ivory
Coast)
Mu
ntangiriro y’imyaka 10 irangiye, Drogba yari amaze gutsinda ibitego 37, ubwo
yafashaga Chelsea gutwara igikombe cya shampiyona, anahita ahembwa nk’umukinnyi
watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ku nshuro ya kabiri.
Mu
mwaka wa 2012, Drogba yafashije Chelsea kwegukana igikombe cya Champions League
ku mugabane w’iburayi, ikaba ari nayo nshuro ya mbere yari yegukanye iki
gikombe.
Nyuma
yo kuva muri Chelsea yerekeje muri Galatasaray, ayifasha gutwara ibikombe
bitatu bitandukanye, harimo n’igikombe cya shampiyona.
Nyuma Drogba yavuye muri Galatasaray yerekeza
muri muri USA mu ikipe ya Montreal Impact,
aho yasoje shampiyona ayoboye abandi mu gutsinda ibitego byinshi.
Ubusatirizi: Samuel Eto'o (Cameroon)
Nta
gushidikanya Eto’o ni umukinnyi mwiza w’umunyafurika w’ibihe byose, yatwaranye
na Inter Milan ibikombe bitatu bikomeye ku mugabane w’iburayi ku bw’umutoza
Jose Mourinho.
Mu
mwaka w’imikino ukirikiyeho yasoje shampiyona ariwe rutahizamu wa Inter millan
ufite ibitego byinshi, aho yatsinze
ibitego 37, ahita atwarana n’iyi kipe Coppa Italia n’igikombe cy’isi cy’amakipe
(Club).
Ibikorwa
bitandukanye yagiye akora byatumye atwara igihembo cya kane cy’umukinnyi mwiza
w’umunyafurika muri 2010.
TANGA IGITECYEREZO