Umunya Ghana ukina mu kibuga hagati mu ikipe y’igihugu ya Ghana ndetse no mu ikipe ya Deportivo Alaves yo muri Espagne Mubarak Wakaso, kuri ubu ni we mukinnyi umaze gukora amakosa menshi avamo ikarita y’umuhondo kuva shampiyona ya Espanye yatangira mu mwaka wayo w’imikino wa 2019-2020.
Mubarak
Wakaso amaze guhabwa amakarita y’umuhondo 11 mu mikino 18 imaze gukinwa muri La
Liga, akaba ari we mukinnyi ufite amakosa menshi yavuyemo amakarita y’umuhondo
menshi muri LaLiga muri uyu mwaka w’imikino.
Uyu
musore kandi witegereje muri shampiyona eshanu zikomeye ku isi zinarebwa
n’abantu benshi, ni uko ari imbere mu
bakinnyi bamaze guhabwa amakarita y’umuhondo menshi ku mugabane w’iburayi.
Wakaso
ni umwe mu basore bakinisha imbaraga cyane ndetse akaba anagira ishyaka ryinshi
cyane bituma akora amakosa menshi mu kibuga hagati, rimwe na rimwe ashyira
ikipe ye mukaga, bikaba bigoye kuba yakina imikino itatu atarakora ikosa
rimuhesha ikarita y’umuhondo.
Abafana
b’ikipe ya Deportivo Alaves batangiye kubwira umutoza w’iyi kipe kwegera Wakaso
akamugira inama byumwihariko ku miserebeko atera kuko hari igihe byazashyira mu
kaga ikipe yabo cyangwa bakamukenera ku
mukino w’ingenzi ntibamubone kubera guhagarikwa.
Mu
mikino 18 Mubarak Wakaso amaze gukinira Alaves, amaze guhabwa amakarita 11 y’umuhondo
harimo abiri yahawe ku mukino umwe, ahita yoherezwa mu rwambariro ubwo Alaves
yakinaga na Granada muri shampiyona.
Wakaso
aza ku mwanya wa mbere mu bakinnyi bamaze kubona amakarita menshi y’umuhondo muri
LaLiga muri uyu mwaka w’imikino aho akurikiwe na Gerard Pique ukinira FC
Barcelona na Fernando ukinira ikipe ya Sevilla aho buri umwe amaze guhabwa amakarita
umunani y’umuhondo.
Deportivo
Alaves Wakaso akinira iri ku mwanya wa 15 muri shampiyona ya Espagne aho ifite
amanota 19, ikaba irushwa na Barcelona ya mbere amanota 20.
Wakaso ahanganye na Lionel Messi
Wakaso ahanganye bikomeye na Luka Modric
TANGA IGITECYEREZO