Gutakaza icyizere cy’ubuzima biri mu byabasha gutuma
umuntu afata imyanzuro atatekerejeho, uyu mugabo wo muri Africa y’epfo yataye
umutwe nyuma yo kubona ko bagiye kumusenyeraho inzu ye, mu rwego rwo kugrango
ahagarike abasenyaga inzu ajya hejuru y’amabati ajugunya umwana we hasi
Igikorwa cyo gusenya amazu muri Africa y’epfo ntago cyavuzweho rumwe n’abaturage ariko abashinzwe umutekano bafashe umwanzuro wo gusenya amazu ari mu kajagari muri iki gihugu,
Umugabo w’imyaka 38 rero yabonye
barimo gusenya inzu ye biramurenga ahitamo gufata umwana we w’umukobwa ufite
umwaka umwe, amuzamukana hejuru y’inzu ngo arebe ko batamusenyeraho inzu ye abereka ko agiye kujugunya umwana hasi

Umwe mu bashinzwe umutekano muri iki gihugu
yagerageje kumuhagarika ariko umugabo byari byamurenze ahita arekurira umwana
we hasi

Gusa kubw’amahirwe, umwana yahise asamwa n’abashinzwe umutekano bari bari hasi ashyikirizwa nyina w’imyaka 35

Umugabo yahise ajyanwa muri gereza, aza kuburana ashinjwa kugerageza kwica
umwana we icyakora aza kugirwa umwere
Src: Metro