Umuhanzi wo muri Ghana, Magnom uri mu Rwanda mu rwego rwo gusoza ibitaramo bya MTN Izihirwe yakomoje ku ndirimbo yakoranye n’abahanzi b’abanyarwanda barimo Charly na Nina na DJ Pius zimaze igihe kinini zitegerejwe n’abantu benshi.
Mu mpera z’umwaka wa 2017 umuhanzi wo mu Ghana Magnon
wari ukunzwe cyane mu ndirimbo yitwa “My Baby”, yataramiye mu Rwanda ahava afashe amajwi y’indirimbo yakoranye na DJ Pius
itunganyijwe na Pastor P.
Nyuma y’aho Charly na Nina bagiye muri Ghana ndetse bakorana indirimbo n’abahanzi baho barimo umukobwa witwa Mzee V na Magnon. Imyaka iyinga ibiri irashize abanyarwanda bategereje izi ndirimbo ariko nta kanunu kazo kugeza ubu.
Kuri ubu Magnon ari mu Rwanda, aho yitabiriye igitaramo cyo gusoza Poromosiyo ya MTN Izihirwe kizaba kuri uyu wa Gatanu muri parikingi ya Sitade Amahoro i Remera guhera saa munani z’amanywa. Azafatanya n’abahanzi batandukanye barimo Riderman, Bushali, Social Mula, na DJ Marnaud.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, Magnon yavuze ko yishimiye kugaruka mu Rwanda kandi ko yiteze ko abanyarwanda
bazamwishimira nk’uko babikoze, nawe kandi ngo yazanye imbaraga nyinshi n’umuziki
mwiza.
Abajijwe ku mishinga y’indirimbo yakoranye n’abahanzi
b’abanyarwanda ariko ntijye hanze, Magnom yavuze ko indirimbo yakoranye na DJ
Pius yo itarajya hanze kugeza n’ubu.
Ati “DJ Pius twakoranye indirimbo kwa Pastor P ubwo
nazaga mu 2017 ntabwo irasohoka ndetse Charly na Nina baje muri Ghana dukora
indirimbo yo iri hanze, yitwa “Don’t Worry”.
Iyi ndirimbo yumvikanamo gusa ijwi rya Charly ntabwo yigeze imenyekana haba mu Rwanda
cyangwa ngo muri Ghana kuko imaze kurebwa inshuro zitageze no ku bihumbi
bibiri.
Magnom yavuze ko mu mishinga ateganya kuva mu Rwanda
akoze harimo no gufata amashusho byanashoboka akaba yakorana indirimbo na
Social Mula yakunze uburyo yakozemo indirimbo ye yitwa Yayobye.
Igitaramo cya MTN Izihirwe kizaba kuri uyu wa Gatanu
kizatangirwamo ibihembo ku batsinze muri poromosiyo, habe irushanwa ry’abaririmbyi
aho uzatsinda azegukana ibihumbi 500 naho mu ba DJs uzatsinda azegukana
amafaranga miliyoni.
Kwinjira ni amafaranga ibihumbi 10 mu myanya y’icyubahiro
ahasigaye hose ni ubuntu.
Magnom yavuze ko yiteguye gushimisha abanyarwanda
MTN Rwanda yishimiye imigendekere ya Poromosiyo ya Izihirwe
Magnon yazanye n'itsinda ry'abamufasha mu muziki we
Charly na Nina bakoranye indirimbo na Magnom ariko ntiyamenyekana
TANGA IGITECYEREZO