Ministeri y’ubuzima yatangije ku mugaragaro ubukangurambaga bwitiriwe gahunda Umurinzi yo gukingira ebola ku bushake mu karere ka Rusizi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2019 mu rwego rwo gukomeza gukaza ingamba zo kurwanya no gukumira iki cyorezo mu Rwanda.
Muri ubu
bukangurambaga, byari biteganyijwe ko abantu 200 ari bo bahabwa urukingo nyuma
yo kwigishwa akamaro karwo bakabyemera, uru rukingo rwatangijwe ku itariki ya 8
Ukuboza mu karere ka Rubavu, ukingirwa ni umuntu wese ubishaka kandi akaba afite
imyaka 2 kuzamura uretse ababyeyi batwite.
Ku mpamvu zo kuba uru rukingo rudahabwa abagore batwite n’abana bari munsi y’imyaka 2 Umunyamabanga wa leta muri ministeri y’ubuzima NDIMUBANZI Patrick avuga ko ari uko rukiri mu igeragezwa ati”uru rukingo rwageragejwe ku bantu 6000, ariko ni urukiko rukiri mu igeragezwa nk’uko twabisobanuye ni yo mpamvu dukomeza gukurikirana abantu igihe kirekire, kubera ko rero rukiri mu igeragezwa ntabwo tuba dushaka guha imiti mishya abagore batwite n’abana bato bakiri munsi y’imyaka ibiri kugirango bakomeze gufata inkingo zisanzwe.”
Akomeza
avuga ko Iyo umuti ukiri mu
bushakashatsi kwikingiza biba ari ubushake buri gihe ati ariko burya n’ubusanzwe kwivuza ni ubushake bw’umuntu nta gahato kari mu
kwivuza no gufata inkingo, kuko icyo
Minisiteri ikora ari ukwigisha bakaragaraza ibyiza by’urukingo abantu basobanukirwa
bakabyemera.
Nyuma yo kugerageza uru
rukingo mu bihugu bitandukanye ku isi, bagendeye ku byemezo byafashwe n’inzobere z’umuryango
mpuzamahanga wita ku buzima OMS zishingiye ku bushakashatsi bwakozwe, bemeza ko
urukingo rwa ebola rukwiye gutangwa mu bice byagaragayemo cyangwa byugarijwe n’icyo
cyorezo.
Ni umuhango wabereye ku
kigo nderabuzima cya Gihundwe, mu karere ka Rusizi, ababyemeye ku bushake
bahawe uru rukingo rwa Ebola nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe.
Uyu muhango kandi wari witabiriwe n’uhagarariye
ministeri y’ubuzima muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,
abahagarariye ishami rishinzwe ubuzima ku isi- OMS, umunyamabanga wa leta muri
ministeri y’ubuzima n’abandi bafatanyabikorwa.
Kuva urukingo
rwatangira guhabwa abantu ku bushake , ku nshuro ya mbere mu Karere ka Rubavu
rumaze guhabwa abantu barenga 700, rukazafasha cyane gukomeza gukumira icyorezo
cya Ebola mu gihugu cy’u Rwanda no mu cy’abaturanyi cya RDC.
Ikindi ni uko uru
rukingo ruhabwa mu byiciro bibiri kugirango rube rwuzuye, urwa kabiri umuntu
aruhabwa nyuma y’iminsi 56 uhereye igihe yaherewe urwa mbere.
TANGA IGITECYEREZO