RFL
Kigali

Volleyball: Ku nshuro ya Kabiri UTB yateguye irushanwa ry’amakipe y’abagore rizitabirwa n’igihugu cya Botswana

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:14/12/2019 13:04
1


Kuva ku wa gatandatu tariki 21 kugera ku cyumweru tariki ya 22 Ukuboza 2019, mu Rwanda hazabera irushanwa ry’abagore muri Volleyball ryateguwe na UTB VC. Kuri iyi nshuro iri rushanwa rifite umwihariko wo rizitabirwa n’ikipe y’igihugu ya Botswana.



Ni ku nshuro ya kabiri iri rushanwa rigiye kuba,dore ko ryatangiye gutegurwa na Kaminuza ya UTB mu mwaka ushize, ndetse akaba ari yo yegukanye Shampiyona y’umwaka ushize w’imikino mu bagore.

Ikipe y’Igihugu ya Botswana iri kwitegura imikino y’akarere ka gatandatu (Zone VI), yasabye ko yakwitabira iri rushanwa, maze iremererwa.

Mu makipe yamaze kwemeza ko azitabira irushanwa ry’uyu mwaka, harimo RRA VC yabaye iya kabiri muri Shampiyona.

Hari kandi ikipe y’Igihugu ya Botswana, UTB, APR, IPRC-Kigali, IPRC-South, St Aloys Rwamagana, KVC na Ruhango.

Umuyobozi ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe ya UTB VC, Mucyo Philbert, yatangaje ko iri rushanwa ryateguwe mu rwego rwo gushishikariza abana b’abakobwa gukunda umukino wa Volleyball no kugana kaminuza ya UTB kugira ngo bateze impano zabo imbere.

Akaba yavuze kandi ko bamaze kubona umuterankunga w’iri rushanwa ndetse bagishaka n’undi kugira ngo rizagende neza kurushaho.

Mu mwaka ushize ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya mbere, ryegukanywe na UTB yatsinze RRA amaseti 3-0 (14-25, 22-25 na 22-25).


UTB WVC yiteguye kuzitwara neza muri iri rushanwa itegura


Ikipe ya KVC ni imwe mu makipe azitabira iri rushanwa





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rudakubana Lambert4 years ago
    Muduha amakuru meza cyane ninaha igahanga muzahagere





Inyarwanda BACKGROUND