Kugira ngo abantu babiri basangire urukundo mu buryo bwiza ni uko bombi baba bafitanye ubwumvikane ndetse buri umwe akumva mugenzi we ari byo bizamura amarangamutima yabo. Aha rero ni ho hatabamo kwikunda aho mu gihe ukoze ikosa usabwa kurisabira imbabazi kugira ngo umubano urusheho kuba mwiza.
Aha turibanda cyane ku mugabo mwiza aho ubushakashatsi buvuga ko atanga umunezero wuzuye ku mugore we ndetse na we ubwe wa munezero ukamugarukira.
Muri iki gihe urukundo rw’ubu umuntu yavuga ko rutakiri umwimerere bitewe n’ibintu bitandukanye aho unasanga igikorwa cy’abashakanye kitagenda neza kuko umwe yagikoze ku ngufu bityo undi ntakishimire, ugasanga rimwe harimo kutizerana hagati yanyu, kudasangira amarangamutima, ugasanga umugabo arushijeho kuba mubi cyane bityo umugore ntamwishimire.
Nubwo bimeze gutyo, hariho abagabo beza kandi
batandukanye cyane n’abandi, aho usanga bakunda ndetse bagakundwakaza abagore
babo ku buryo nta kibi ubabonamo.
Dore rero ibintu abashakashatsi babonye ko bishobora kuranga umugabo mwiza ndetse
bigahindura ubuzima bw’uwo bashakanye:
Amagambo
n’ibikorwa birajyana: ntajya abeshya, ni umuntu ukora uko
ashoboye agasohoza amasezerano ye, agerageza ibishoboka byose ngo utamutera
icyizere
Aharanira
buri gihe kukwereka ko ari umwere: uko byagenda kose
nubwo umuntu aba ari umuntu nyine ariko umugabo mwiza akora uko ashoboye
akakwereka imishinga ye nuko iteguye kugirango utazamukeka ibindi , imbere yawe
aharanira ko nta kosa wamubonaho
Akurwanira
ishyaka iteka: Ibi ntabikora kugirango agree ku nyungu
runaka ahubwo ahora abona ko wowe uri mu nshingano ze ndetse akagerageza uko
ashoboye ngo akunezeze.
Akuganiriza
ku hahise he: Kugira ngo mwibake ejo hazaza heza
nk;abantu babiri, akuganiriza amateka y’ubuzima bwe noneho akaboneraho
kukuyobora agendeye ku hahise he nta buryarya burimo atarebye ngo uramugaya
ushingiye ku mateka ye, icyo agendereye ni ugutegura neza ejo agendeye ku
mateka yahise.
Akubaha
ntacyo ashingiyeho: Umugabo mwiza yubaha umugore we ibihe
byose, nubwo hashobora kubaho intonganya cyangwa se imbogamizi runaka mu
rukundo rwanyu, uzasanga afata iya mbere mu gutuma hongera kubaho umwuka mwiza
kandi agakomeza kukubaha iteka.
Agukunda
uko uri: Uzahora uri mwiza imbere ye nk’umugore we w’ibihe
byose, waba urwaye, unaniwe cyangwa ufite ikindi kibazo, uyu mugabo aragukunda
pe.
Src: santepusmag.com
TANGA IGITECYEREZO