RFL
Kigali

Umugabo w’Umuhinde yatangaje ko yaguze ubutaka ku kwezi! Ese birashoboka ?

Yanditswe na: Editor
Taliki:1/12/2019 11:31
0


Umugabo ukomoka mu Buhinde witwa Raajeev Baagdi yatangaje ko yaguze ubutaka ku kwezi ku mafaranga $140. Uyu mugabo yabitangaje bwa mbere muri 2005 ubwo yatangazaga ko yamaze kugura metero eshatu z’ubutaka ku kwezi, ubu akaba yagarutse avuga ko ashaka kujya gusura ubwo butaka bwe yaguze.



Raajeev yabwiye itangazamakuru ko ubu butaka yabuguze akuye amakuru ku rubuga rw’Abanyamerika rwitwa LunarRegustry ari nabwo yahise yishura ayo mafaranga $140 angana Rs 9,662 ku gaciro k’amafaranga yo mu Buhinde ubungubu. Ubwo butaka bwe avuga ko ngo buherereye mu gice cyo ku kwezi kitwa Mer Imbrium kinanditse muri Lunar Registry mu mujyi wa New York.

Raajeev kandi yatangaje ko yahoranaga amatsiko ku bintu byo mu isanzure nyuma akaza kubona ukwamamaza ku mbuga nkoranyambaga kwavugaga ngo ‘’Ha impano y’ubutaka abawe’’ nuko aboneraho arahagura.

Baagdi Raajeev ntabwo ariwe muntu wa mbere utangaje ko yaguze ubutaka ku kwezi. Abandi bagiye babitangaza ni umukinnyi w’amafilime ukomoka nawe mu Buhinde witwa Sushant Khan Rajput, ndetse Shahrukh Khan nawe yahawe impano y’ubutaka ku kwezi n’umufana we.

Ikibazo gihari ni uko bidashoboka kugura ubutaka ku kwezi! Amasezerano agenga isanzure avuga ko ku kwezi hatagurishwa.

Hari imbuga nyinshi zigenda zitanga amakuru ko waguriraho ubutaka ku kwezi cyangwa se ku mubumbe wa Mars nka: lunarland,com, moonestates.com, lunarembassy.com.

Ntibishoboka kugura ubutaka ku kwezi kuko bihabanye n’amahame agenga ukuvumbura ndetse n’ibikorwa bikorerwa ku kwezi ndetse n’ahandi mu isanzure hose, bizwi nk’amasezerano yo mu isanzure.

‘’Kuvumbura ndetse no gukoresha isanzure bigomba gukorwa mu nyungu z’ibihugu byose kandi hagomba kuba intara y’ikiremwamuntu; isanzure hagomba kwigenga ndetse no gukoreshwa n’ibihugu byose,’’ Niko amasezerano yasinywe n’ibihugu bitandukanye by'ibihangange birimo Amerika, u Bwongereza, u Burusiya ndetse n’u Buhinde avuga.

Stephen E. Dole, umuyobozi wa International Institute of Space Law, yavuze ko ukwezi ari nk’inyanja y’amazi ko nta nyirayo igira bityo rero bitemewe ko hari igihugu cyangwa umuntu ku giti cye wahita ahe.

Abagurishije ubutaka ku kwezi babikoze nk’ikintu gishya bivumburiye kitemewe n’amategeko, kandi birumvikana ko nabo ubwabo ubutaka atari ubwabo rero ko nta burenganzira bafite.

Bisobanuye ko abantu nka Raajeev, Shahrukh Khan na Sunshant nta butaka bemerewe ku kwezi.

Src: mashable.com, news18.com, thenewsminute.com

Umwanditsi: Gentillesse Cyuzuzo-InyaRwanda.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND