Nyuma y’iminsi itari micye rutahizamu ukomoka muri Côte d’Ivoire Drissa Dagnogo yari amaze akora igeragezwa muri Rayon Sports akanakina umukino wa Gicuti Rayon Sports yakinnye na Gasogi United, akanawitwaramo neza, birangiye ubuyobozi bw’iyi kipe bumusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri.
Ni
umukinnyi umaze amezi abiri mu Rwanda ageragezwa n’umutoza Espinoza kugira ngo
arebe niba yavamo umusimbura mwiza wa Jules Ulimwengu wamaze kwerekeza ku
mugabane wa Aziya.
Mu
masa y’igitondo cyo kuri uyu wa kane ni bwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko
bwamaze gusinyisha rutahizamu Drissa
Dagnogo amasezerano y’imyaka ibiri, buhita bunasohora amafoto arimo gusinya.
Uyu
rutahizamu kandi usibye imyitozo yakoranaga na Rayon Sports, yanayikiniye
umukino wa gicuti yatsinzemo Gasogi ibitego 3-1, akaba yaranatsinzemo igitego.
Drissa
Dagnogo afite ubuhanga bwo gucenga yihuta akaba anafite imbaraga nyinshi zamufasha guhangana n’ubwugarizi bw’ikipe
yose bahura. Drissa agiye kujya afatanya na Sarpong Michael, ndetse na Yannick
Bizimana mu gushakira ibitego Rayon Sports.
Umunsi
wa mbere abafana ba Rayon Sports babonye uyu rutahizamu mu kibuga
baramwishimiye byo ku rwego rwo hejuru dore ko yanabigaragarije agatsinda
Gasogi United igitego, akanagora bigaragara ubwugarizi bwayo.
Dagnogo yasinyiye Rayon Sports kuzayikinira mu gihe cy'imyaka 2
Dagnogo yabanje mu kibuga ku mukino Rayon Sports yatsinzemo Gasogi United
Umwanditsi
– SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO