RFL
Kigali

WHO iburira ko 'isi yugarijwe n'icyorezo' cy'abana badakora imyitozo ngororangingo

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/11/2019 15:09
0


Abana bane muri batanu ku isi bafite hagati y'imyaka 11 na 17 ntabwo bakora imyitozo ngororangingo ihagije, nkuko bikubiye mu isesengura rya mbere ryatangajwe ryo muri ubu bwoko.



Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS / WHO) rivuga ko ubuzima bw'abana buri kuhangirikira, cyo kimwe n'imikurire y'ubwonko bwabo no kumenya kubana n'abantu.

OMS ivuga ko kunanirwa gukora nibura imyitozo ngororangingo mu gihe cy'isaha imwe ku munsi ari ikibazo cyugarije isi haba mu bihugu bikize no mu bikennye.

Mu bihugu bine gusa mu bihugu 146 byakorewemo ubushakashatsi, abahungu bagaragaye ko bakora imyitozo ngororangingo cyane kurusha abakobwa.

Ni hafi buri kintu cyose gituma umutima utera vuba ndetse kigatuma ibihaha bikora cyane ukahagira.

Birimo nko:

§  Kwiruka

§  Kunyonga igare

§  Koga mu mazi magari

§  Gukina umupira w'amaguru

§  Imyitozo ngororangingo

§  Gusimbuka,...

Intego ni ugukora imyitozo ngororangingo yoroheje cyangwa ikomeye mu gihe cy'iminota 60 ku munsi.

Dr Fiona Bull, ukora muri OMS, yagize ati: "Ntabwo mbibona nko kwigerezaho". "Ni ibintu bifitiwe gihamya ko bituma ubuzima bumera neza ndetse n'imikurire ikagenda neza".

Ikinyuranyo kiri hagati y'imyitozo ngororangingo yoroheje n'ikomeye, ni uko iyoroheje ari imwe ushobora gukora unaganira n'umuntu, mu gihe ikomeye yo utabishobora kubera kwahagira, nkuko OMS ibivuga.

Kuki ibi ari ibyo kuzirikana?

Impamvu y'ingenzi ni uko ari ubuzima, bwo muri iki gihe no mu kiri imbere.

Mu gihe cya bugufi, bisobanuye ko wagira:

§  Ibihaha n'umutima bikora neza kurushaho

§  Amagufa n'imitsi bikomeye kurushaho

§  Ubuzima bwo mu mutwe bwiza kurushaho ndetse n'imibereho myiza muri rusange

§  Kugabanya ibiro

Dr Regina Guthold, na we ukora muri OMS, agira ati: "Ingimbi n'abangavu bakora imyitozo ngororangingo biba bishoboka ko nibamara no kuba bakuru bazakora imyitozo ngororangingo".

Kandi uko igihe kigenda gishira ukora imyitozo ngororangingo, bishobora no kugabanya ibyago byo kurwara indwara nyinshi zirimo nk'indwara y'umutima n'imitsi yo mu bwonko, ndetse n'indwara ya diyabeti ('diabète') yo mu cyiciro cya kabiri.

Ariko abashakashatsi bavuga hari n'ibimenyetso bikomeje kwiyongera byuko gukora imyitozo ngororangingo ari byiza mu mikurire y'ubwonko.

Dr Guthold ati: "Batekereza neza kurushaho, bakiga biboroheye, [kandi] bagira imyitwarire irushijeho kuba myiza mu kubana n'abandi".

None abana babaye abanebwe?

Nta gisubizo kimwe wabona cyasubiza ku mpamvu ikigero cyo gukora imyitozo ngororangingo mu bana kiri hasi cyane, ariko hagiye hari ibihurirwaho by'ingenzi.

Kimwe ni uko hasigaye hibandwa cyane ku kwiga cyane kurusha gukora imyitozo ngororangingo.

Leanne Riley, umwe mu bakoze ubwo bushakashatsi, agira ati: "Urubyiruko rwo muri iki gihe rushishikarizwa gukora cyane, kwigira ibizamini".

"Akenshi mu gihe kirekire cyane cy'umunsi, baba bicaye mu ishuri bakora imikoro, nuko ntibagire akanya ko kurushaho gukora imyitozo ngororangingo".

Abashakashatsi banavuga ko hari ibibazo bijyanye no kugira umutekano ahakorerwa siporo n'imyidagaduro, hakaba mu bushobozi bwa benshi cyangwa kuhagera bikoroha.

Bavuga nko nk'imihanda imwe itarimo umutekano ituma bidashoboka kuyinyongeramo igare cyangwa kuyigendamo ku maguru ugiye ku ishuri cyangwa gusura inshuti.

Hari ibihugu bigerageza kurusha ibindi?

Ubu bushakashatsi bwa OMS bwasanze ko muri rusange kudakora imyitozo ngororangingo ari ikibazo kiri ku isi hose, kuva mu mahanga ya kure nko muri Afghanistan kugera no muri Zimbabwe.

Bangladesh ni yo ifite ikigero cyo hasi cy'abadakora siporo, ariko 66% by'abana (ni ukuvuga abana babiri muri buri bana batatu) ntabwo ku munsi bafata isaha yo gukora imyitozo ngororangingo.

Abahungu bo muri Philippines (bangana na 93%) n'abakobwa bo muri Koreya y'Epfo (bangana na 97%) ni bo ba nyuma mu gukora imyitozo ngororangingo, nkuko ubu bushakashatsi bwa OMS bubivuga.

Izindi mpuguke zibivugaho iki?

Dr Mark Tremblay, ukora mu kigo cy'ubushakashatsi cy'ibitaro bivura abana bya Children's Hospital of Eastern Ontario muri Canada, agira ati:

"Impinduramatwara y'ikoranabuhanga yahinduye bikomeye kugenda kw'abantu mu guhindura aho baba n'uko babayeho, uko biga, bakora akazi, bakina, batembera, ikomeza kugenda ibashyira mu kato ko kuguma mu nzu, akenshi bicaye ku ntebe".

Ati: "Abantu basigaye basinzira igihe gito kurushaho, bakicara igihe kinini kurushaho, bakagenda n'amaguru gacye cyane, bakagenda mu modoka hafi buri gihe, kandi bakora imyitozo ngororangingo micye cyane ugereranyije na mbere".

Prof Russell Viner, ukuriye ikigo cy'Ubwongereza cy'abaganga bavura abana, yavuze ko ibikubiye muri ubwo bushakashatsi bwa OMS "bihangayikishije".

Ati: "Abana bakora imyitozo ngororangingo kurushaho bagira ubuzima bwiza n'imibereho myiza kurushaho kandi muri rusange bitwara na neza mu ishuri [mu masomo]".

"Dukwiye korohereza abana n'urubyiruko bagashobora gukora imyitozo ngororangingo bakagira ubuzima bwiza - ibi biroroshye kubivuga kurusha kubikora".

 

Src: bbc.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND