RFL
Kigali

Nigeria: Nyuma yo gukatirwa imyaka 24 azira ubujura yakoreye kuri internet yongeye kwiba agera kuri miliyoni $1 ari muri gereza

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:21/11/2019 10:09
0


Hope Olusegun Aroke ufunze azira gukora ubujura bukabije abinyujije mu kwiba abantu akoresheje murandasi mugiye amaze imyaka igera kuri 7 muri 24 agomba kuzafungwa, yongeye kwigaragaza acucura atagira ingano. Uyu mugabo biravugwa ko ashobora kuba yari amaze kunyereza agera kuri miliyoni $1



Aroke wari usanzwe afungiye muri gereza ya Lagos azira gukora ubujura yakoze yifashishije murandasi akaza gukatirwa igifungo kingana n'imyaka 24 aho yagitangiye mu mwaka wa 2012 akaba yari amaze imyaka igera kuri 7, kuri uyu wa kabairi ikigo cyo muri Nigeria kigenza ibyaha ”Economic and Financial Crimes Commission (EFCC)” cyatangaje ko yongeye gufatwa acucura asaga miliyoni $1 ndetse byaje no kugararaga ko uyu mugabo n'ubwo yari afunze akoresha telefone ndetse na murandasi (internet). Ibi bintu uyu mugororwa yari atunze byaje gutuma abona uburyo bwo gukora icyaha ubugira kabiri.

Nk'uko ikinyamakuru BBC.com kibitangaza uyu mugabo yari asanzwe yigira mu mahoteli ahenze ndetse akenshi akaba yajyaga atemberana n’umugore we n’abana be ndetse ngo yiguriraga imodoka zihenze n’amazu kandi ari muri gereza. Gusa byaje kugaragara ko amafaranga yanyerezaga yose yayanyuzaga kuri konte y’umugore we. Iminsi iba myinshi igahimwa n'umwe kuko kuri iyi nshuro ntibyamuhiriye. Uyu mugabo yari yarafunguye konte zigera kuri 2 aho yakoreshaga amazina mahimbano “Akinwunmi Sorinmade”.Aroke uhamwa n'icyaha cy'ubujura bunyuze mw'ikoranabuhanga

Ikintu cyababaje abaturage ba Nigeria ni uko uyu mugabo byavugwaga ko afunze ariko akaba yarahawe uburenganzira busesuye bungana uku. Ikigo “Economic and Financial Crimes Commission (EFCC)” gitangaza ko uyu mugabo icyaha cye cyari mpuzamahanga kuko yashizwaga kwiba ku migabane igera kuri 2. Aroke yikoreraga ubucuruzi ndetse yari ameze nk'uwahawe ahantu ho kujya gutecyerereza imishinga kuko yakoraga ubucuruzi buhambaye ndetse burenze n'ubwo abaturage bamwe bari hanze bakora kubera ubwisanzure yabaga afite muri iyi gereza.

Nk'uko ikigo cya EFCC cyabitangeje Aroke ubwo yafungwanga muri 2012 yafunzwe nk'umunyeshuli ndetse kinavuga ko hari n'abandi bagenzi be bagera ku 8 baheruka gutabwa muri yombi bazira iki cyaha cyo kwiba bakoresheje murandasi. Ubu ubwoba ni bwose ku bacuruzi ndetse na barwiyemeza mirimo kubera aba banyeshuli bari kwibasira benshi babanyaga utwabo bunyago hifashijwe murandasi. Abaturage ba Nigeria bafite impungenge ko bishobora kuzababera ikibazo ku ngendo bakoraga hirya no hino kubera ubu bujuru bwuzuyemo ikoranabuhanga riri gufata intera bakavuga ko bishobora kuzatuma batajya bahabwa VISA.

Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko giheruka guta muri yombi abagera kuri 80 babaziza iki cyaha cyo kwiba za banki bakoresheje ikoranabuhanga ndetse batangaje ko umubare munini w'aba bajura baturuka muri Nigeria. Umwe mu bayobozi ba FBI “Michael Nail”we atangaza ko ubu mu bibazo bari guhura nabyo iki cyo kwiba za banki hifashishijwe ikoranabuhanga ”Modern-day bank robbery” kiri ku isonga ndetse avuga ko iki aho kigoraniye ari uko ababikora biba bigoye kubafata kuko bishoboka ko umuntu yafata mudasobwa akicara iwe akaba yacucura umubare utabarika.  

Src:bbc.com, alternativeafrica.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND