RFL
Kigali

Abakozi ba MTN Rwanda basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwa #GerayoAmahoro

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:4/11/2019 17:31
0


Abakozi ba MTN Rwanda bakangurirwe gufatanya na Polisi y’igihugu mu bukangurambaga bwa #GerayoAmahoro cyane cyane bigisha abantu kwirinda gukoresha telefone mu gihe batwaye ibinyabiziga.



Kuva muri Gicurasi uyu mwaka wa 2019 Polisi y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga yise “Gerayo Amahoro” bugamije gusobanurira abakoresha umuhanda uburyo bakwiye kuwukoresha neza mu rwego rwo kurwanya impanuka zihitana ubuzima bwa benshi.

Muri uku kwezi k’Ugushyingo 2019, ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro buzibanda mu gukangurira abatwara ibinyabiziga bose kwirinda gukoresha telefone mu gihe bari mu muhanda kandi batwaye.

Kuri uyu wa mbere tariki 4 Ugishyingo 2019, ku cyicaro cya MTN Rwanda niho habereye umuhango yo gutangiza ubu bukangurambaga, iki kigo cy’itumanaho cyiyemeje kugiramo uruhare nacyo.

Alain Numa umwe mu bayobozi muri MTN Rwanda yavuze ko bazafatanya na Polisi y’u Rwanda mu gutanga ubutumwa bwibutsa abantu kwirinda gukoresha telefone mu gihe batwaye ibinyabiziga, bakoresheje uburyo butandukanye.

Ati “Icyo tuzafatanya ni uko tuzakoresha uburyo bwose dufite kugira ngo ubu butumwa butambuke. Harimo ubutumwa bugufi buzohererezwa abakiriya, hari ibiganiro bitandukanye ku maradiyo, ku mateleviziyo, n’imbuga nkoranyambaga.”

Uretse ibizakorwa na MTN Rwanda nk’ikigo, Alain Numa yavuze ko n’abakozi ubwabo bazagenda bakoresha amajwi yabo mu kubwira inshuti n’abavandimwe ko ‘gukoresha telefone utwaye ikinyabiziga ari ugushyira mu kaga ubuzima bwawe n’ubw’abandi.

Umuyobozi mukuru wa MTN, Mitwa Kaemba Ng’ambi yasabye abakozi bose bakorana kugira uruhare rukomeye muri gahunda ya Gerayo Amahoro, cyane cyane bakangurira abantu bazi kwirinda kugira ikinti icyo ari cyose bakoresha telefone batwaye imodoka.

Ati “Niba uzi umuntu utari hano nitumara kuhava uhite ufata telefone umubwire uti ‘ntukandike ubutumwa bugufi, ntugahamagare mu gihe utwaye ikinyabiziga. Umutekano wo mu muhanda tugomba kuwugira uwacu.”

Komiseri wa Polisi Ushinzwe Umutekano wo mu muhanda CP Rafiki Mujiji, yavuze ko ubu bufatanye na MTN Rwanda buzabafasha kugeza ubutumwa ku bantu benshi kandi bashoboka bazabasha kongera kumva akamaro ko gukoresha neza amategeko y’umuhanda.

Ku Isi yose abantu bagera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 300 bapfa baguye mu mpanuka. Impanuka ni zo zihitana ubuzima bw’abana benshi bari hagati y’imyaka ine na 14, n’abakuru bari hagati y’imyaka 15 na 28.

Mu mpanuka ibihumbi bitandatu zabaye mu Rwanda mu mwaka ushize, hejuru y’impanuka ibihumbi bibiri zatewe no kuba abari batwaye ibinyabiziga baranakoreshaga telefone.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Kabera John Bosco yasabye abakozi ba MTN Rwanda kugira umuco wo gutwara ibinyabiziga bubahiriza amategeko y’umuhanda n’abandi bakabareberaho.

CP John Bosco Kabera (iburyo), Umuyobozi wa MTN Rwanda Mwita Kaemba Ng'ambi (hagati) na CP Mujiji Rafiki nyuma yo gutangiza ku mugaragaro ubufatanye

CP John Bosco Kabera yavuze ko bashaka ko gutwara neza abantu babigira umuco

Abakozi ba MTN Rwanda basabwe gukangurira abandi bantu gukurikiza amategeko y'umuhanda

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda yijeje ubufatanye Polisi mu bukangurambaga bwa #GerayoAmahoro

Abakozi ba MTN bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo no kubaza

MTN yiyemeje gufatanya na Polisi y'u Rwanda muri uku kwezi kose

AMAFOTO: MUGUNGA EVODE/ Inyarwanda Art Studio





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND