RFL
Kigali

Christopher Martin agiye gutaramira muri Kenya

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:1/11/2019 12:11
0


Christopher Oteng Martin, waryubatse nka Chris Martin mu muziki ni umunya Jamaica wabonye izuba tariki 14 Gashyantare 1987. Kuri ubu agiye gutaramira muri Kenya. Abateguye iki gitaramo yatumiwemo bamaze gutangaza amatariki n’aho kizabera.



Christopher Martin ni umuririmbyi n'umwanditsi wazo wibona cyane mu njyana ya Reggae/dancehall. Yakuze akunda ubugeni nyuma aza kwinjira mu muziki ahereye ku ndirimbo ye “love Is All We Need” yamamara cyane muri 2005 nyuma yo kwegukana igihembo cya Digicel Rising Stars.

Yakunzwe hirya no hino ku isi kubera indirimbo ze nka ”Cheaters Prayer’’,”I’m a big deal”,”Let her go” n’izindi. Abari gutegura iki gitaramo cye muri Kenya bawiye ikinyamakuru Nairobi News ko atari uyu muhanzi w’icyamamare uzabataramira gusa, bati”Chris Martin azabataranira imyiteguro imeze neza hazaba hari na Jam Dance Band”. Iki gitaramo kizabera ahitwa Comesa Ground muri KICC Nairobi, ku Cyumweru tariki 7 Ukuboza 2019.



Chris Martin

Yashyize hanze Album ye ya mbere muri Gicurasi 2019 yari igizwe n’indirimbo 15 zakunzwe hirya no hino ku isi na album yanageze ku mwanya wa mbere kuriBillboard Reggae Chart. Kwinjira muri iki gitaramo mu myanya isanzwe n’amashiringi y’amanya Kenya 1500 naho mu myanya y’icyubahiro ni 5000.

REBA HANO INDIRIMBO YE LET HER GO








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND