RFL
Kigali

Ishimwe ku muhanzikazi Clarisse Karasira wujuje umwaka mu muziki

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:30/10/2019 17:09
0


Tariki 30 Ukwakira 2018 nibwo Clarisse Karasira yashyize yavuye mu itangazamakuru yari amazemo igihe ashoka inganzo, ijwi yakoreshaga atangaza iyiriwe mu Rwanda no mu mahanga ararihakana aririmba indirimbo zimaze guhembura imitama ya benshi.



Ku munsi nk’uyu nibwo yashyize hanze indirimbo ya mbere yise “Giraneza” ikundwa n’abantu benshi cyane bayishimiye ubutumwa bwo kubibutsa guharanira kugira neza n’injyana ya Kinyarwanda yari imenyerewe mu bakuze n’amatorero.

Iyi ndirimbo “Giraneza” ifite igisobanuro gikomeye ku muziki w’uyu mwari imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni ku rubuga rwa Youtube.

Nyuma y’iyi ndirimbo yashyize hanze indirimbo yise “Rwanda Shima Imana” itarakunzwe cyane, ariko iya gatutu yise “Ntizagushuke” yaje ari rurangiza yemeza abantu ko impano ya Clarisse Karasira atari iyo ashakisha.

Yabaye intero n’inyikirozo mu bitangazamakuru bitandukanye, ku mbuga nkoranyambaga irahererekanywa, yumvwa mu bakuru n’abato bose bashima impanuro n’ubuhanga mu kuririmba bikuyemo.

Ibi byatumye ahita abona amahirwe yo guhatanira igihembo cya Salax Awards mu baririmba injyana ya gakondo, igihembo cyiza kwegukanwa n’umuhanzi Mani Martin.

Nyuma y’iyi ndirimbo kandi nibwo yahise abengukwa na Alain Mukuralinda basinya amasezerano ndetse bakorana ibikorwa bikomeye n’ibitaramo binini byinjirije uyu mukobwa amafaranga atari make.

Abinyujije kuri Instagram, Clarisse Karasira yagaraje ishimwe afite ku mutima mu gihe  kingana n’umwaka amaze mu muziki akaba amaze kuba umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane mu gihugu.

 

Ati “ Ndashima Imana yankoreye imirimo itangaje mu mwaka umwe maze ntangiye umuzika by'umwuga. Ndabashimiye cyane bantu beza b'ingeri zinyuranye mwamenye by'umwihariko mugakunda iyi nganzo mukayishyigikira. Ku itariki nk'iyi umwaka ushize nibwo navuze nti ubu ntangiye umuzika, nibwo nasohoye Indirimbo yanjye ya mbere Giraneza nyuma nzana “Rwanda Shima”   nyuma Ntizagushuke, Komera, Izindi zigenda ziza.”

 

Clarisse Karasira yavuze ko yahuye n’ibica ntege byashoboraga no gutuma azibukira, akareka inzira nshya yari atangiye ariko arashinyirizwa aratwaza kandi arasenga cyane .

Ati “Mu by'ukuri nanyuze muri byinshi byashoboraga kunca intege kabone n'ubwo ibyinshi bitamenywa, abenshi wenda mubona Ibihangano byacu ariko ntimumenya inzira igoye cyangwa yoroshye tunyuramo. Mu mezi 12 mazenakomeje gusenga,Imana inshoboza gukora no gukurikira umuhamagaro wanjye Ingazo y'Umutima.”

Clarisse Karasira yizihije isabukuru y’umwaka umwe amaze mu muziki, nyuma y’igihe gito asheshe amasezerano bari bariyemeje gukorana mu gihe cy’imyaka itatu. Uyu mukobwa niwe wisabiye ko atandukana na label ya Boss Papa ku bw’impavu yavuze ko ari ze bwite, zirimo no gukurikirana abana bato yigisha ibijyanye n’umuziki gakondo.

 

Aherutse gushyira hanze indirimbo yise “Uzibukirwa Kuki?” nayo yakiriwe neza n’abantu ndetse akaba aherutse gutangariza INYARWANDA ko nta kabuza akomeje gukora umuziki we nk’ibisanzwe.

Clarisse Karasira amaze umwaka akora umuziki by'umwuga

Clarisse Karasira afite ishimwe ku mutima 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND