Umunyarwandakazi ukorana na Sony Music, Somi, yunamiye umubyeyi we umaze imyaka 10 yitabye Imana

Imyidagaduro - 29/10/2019 12:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Umunyarwandakazi ukorana na Sony Music, Somi, yunamiye umubyeyi we umaze imyaka 10 yitabye Imana

Umuhanzikazi ufite inkomoko mu Rwanda wamamaye mu njyana ya Jazz, Somi, yibutse umubyeyi we Dr. Ibulaimu Kakoma umaze imyaka 10 yitabye Imana ahishura uburyo yajyaga amusetsa cyane.

Tariki tariki 28 Ukwakira 2009 ni bwo umusaza w’imyaka 67 Dr. Ibulaimu Kakoma, wari umuhanga mu by’ubuvuzi yitabye Imana aguye mu gace ka Champain muri Leta ya  Illinois muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Uyu musaza yari yarabyawe n’umunyarwanda Saulo Nkunzurwanda n’umurundikazi Miriam Ntabajana, akaba yaragize uruhare mu kwandika inkoranyamagambo yo kuri murandasi  yo mu Kinyarwanda, Igiswahili n’icyongereza.

Ni umubyeyi w’abana icyenda barimo n’icyamamare mu njyana ya Jazz Laura Kabasomi Kakoma uzwi nka Somi akaba akorana n’inzu ikomeye ya Sony Music kuva mu 2013.

Imyaka 10 irashize uyu musaza atabarutse. Abicishije kuri konti ye ya Instagram, Somi yibutse umubyeyi we, agaragaza ibintu bitatu amwibukiraho cyane.

Ati “Nasomye ubutumwa bwa kera yanyohererezaga, nabwumvisemo ijwi rye, akanyabugabo, urwenya n’umutima. Aho narize, namwenyuye ndanaseka yewe cyane inshuro ebyiri. Birasekeje ukuntu ibintu bisanzwe bidutera ubwoba bikanadukomeza mu gihe tubuze abo dukunda. Uyu munsi imyaka 10 irashinze nzahora nkwibuka ibihe byose."

Dr. Ibulaimu Kakoma yari yarashakanye n’umugandekazi Elizabeth Abwooli Kakoma akaba yaramusize bamaranye imyaka 37.  Umukobwa wabo Somi amaze kuba ubukombe mu kuririmba injyana ya Jazz ndetse mu 2018 yatsindiye igihembo cya NAACP Image Award abikesha Alubumu ye yise “Petite Afrique ".

Muri Gashyantare 2018 yaje kumurika iki gihembo mu gitaramo yakoreye muri Kigali Marriot Hotel kikitabirwa n’abarimo umugore wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame.

Somi aterwa ishema no kwita umunyarwandakazi dore ko nta mwaka ushobora gushira adasuye igihuu cy’imisozi igihumbi. Mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukwakira yari yasuye ahantu nyaburanga hatandukanye harimo Pariki ya Nyungwe n’Ikiyaga cya Kivu.

Umubyeyi wa Somi yakundaga kumusetsa cyane

Somi aheruka gusura u Rwanda

Somi yegukanye igihembo cya NAACP mu 2018 

Igitaramo yakoreye mu Rwanda cyitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...