RFL
Kigali

Menya ibigize indyo yuzuye n’uko wategura indyo yuzuye ugaca ukubiri n’indwara zituruka ku mirire mibi

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/09/2019 12:05
3


Kurya neza cyangwa gufata ifunguro ryuzuyemo ibyo umubiri ukeneye ntabwo bisaba kuba uri umutunzi cyangwa ngo ugure ibiribwa bihenze cyane ahubwo byose bisaba kuba uzi ibyo umubiri ukenera kugira ngo umuntu abe afashe intunga mubiri zihagije.



Mu buzima bwacu bwa buri munsi kugira ngo umuntu abeho bisaba ko afata ifunguro,ariko ifunguro ryose ntabwo riba  ryujuje intungamubiri ni yo mpamvu hari indwara abantu benshi barwara ziturutse ku bumenyi buke bafite mu gutegura indyo yuzuye (imirire mibi), urugero: Umubyibuho ukabije (obesity), bwaki, kugwingira n’izindi nyinshi.

Abantu benshi kenshi batecyereza ko gutegura indyo yuzuye (balanced diet) bisaba gushaka amafunguro ahenze, ariko ntabwo aribyo. Ahubwo bisaba ko umenya ibiribwa ndetse n’intungamubiri. Kugira ngo indyo ibe yuzuye igomba kuba igizwe n’ibyubaka umubiri (proteins), ibitera imbaraga (carbohydrates) n’birinda indwar a(vitamins) mu mafunguro yacu dufata yaburi munsi.

Mu byubaka umubiri (proteins) biboneka muri ibi biribwa bikurikira:

Amagi, soya, ibishyimbo, inyama, amafi n’ubunyobwa


Ese izi ntunga mubiri (proteins) zimaze iki ku mubiri wacu?

Izi ntungamubiri (proteins) ziri mubifasha umubiri wacu mu mikorere yawo ya buri munsi. Buri gice cy’umubiri wacu gikenera poroteyine ngo gikore neza, urugero: Mu igogora (digestion), guhumeka (respiration) n’ibindi ikora nka enzyme. Poroteyini zongera ingufu n’ubushyuhe mu mubiri mu gihe ibinyasukari byashize (starvation) zikaba zinafasha imikaya yacu kongera kwisana nyuma yo gukomereka.

Mu bitera imbaraga (ibinyasukari) biboneka muri ibi biribwa bikurikira:

Ibijumba, imyumbati, umuceri, ibirayi, ubuki n’imbuto nyinshi.


Ese ni uwuhe mumaro ibinyasukari bifite ku mubiri wacu?

Ibinyasukari rero ni byo umubiri ukuramo imbaraga kugira ngo ukore neza, bigatanga n’ubushyuhe bukenerwa kugira ngo umubiri ukore neza. Ubwonko n’umutima ni byo bice by’umubiri bikenera isukari nyinshi kugira ngo bikore cyane nkuko tubikesha urubuga ncbi.nlm.nih.gov rugaragazako 20% by’isukari iba mu mubiri ikoreshwa n’ubwonko.

Ibirinda indwara (vitamins) biboneka muri ibi biribwa bikurikira:


Nk’uko tubikesha urubuga disabled-world.com rugaragaza ko hari ubwoko 13 bwa vitamini umubiri ukenera ari bwo A,B1,B2,B3,B5,B6,B7,B9,B12,C,D,E, na K. Izi vitamini tuzisanga mu mboga zirimo dodo, amashu, karoti n’imbuto zirimo avoka, inanasi, imineke, amatunda n’ibindi. Imboga n’imbuto ahanini tubisangamo C,A,E na K. Naho Vitamini B ahanini tuzisanga mu bikomoka ku matungo. Ibi byose bidufasha kwirinda indwara ziterwa no kubura vitamin (Vitaminosis).

Nk’uko tubikesha urubuga snapfitness.com rugaragaza ko mu gihe wariye indyo irimo ibyo tumaze kuvuga haruguru byose bigufasha kuba wakwirinda indwara zituruka ku mirire mibi zirimo umubyibuho ukabije (obesity), bwaki ku bana no kugwingira. Iyo ufashe indyo yuzuye byongera ubwirinzi bw’umubiri (immunity), imbaraga mu mubiri, gusinzira neza ndetse no gutekereza neza.

Izi nama zikurikijwe byabafasha kugira ubuzima buzira umuze dore ko kwirinda biruta kwivuza.

Umwanditsi: Niyibizi Honoré Déogratias-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bahati tom1 year ago
    Inama n'inyigisho k'ubwitange bwanyu n'ingenzi ndetse turabashimira cyane, icyifuzo cyanjye n'uko Hari bimwe mu bitabo bitandukanye by'imirire iboneye biri mundimi z'amahanga bigashyirwa m'ururimi rw'ikinyarwanda... Murakoze.
  • B qualifier10 months ago
    Murakoze cyane kutwigisha ibyadufasha kugira ubuzima buzira umuze nasabagako mwazatubwira nibitera umubyibuho ukabije
  • Nyirazuba 2 months ago
    Mbashimiye byimazeyo kumasomo meza muduha byaba byiza habonetse ibitabo biri mukinyarwanda byadufasha kurushaho murakoze





Inyarwanda BACKGROUND