Ubucuruzi bw'ikinyejana cya 21 bwose burangajwe imbere n’ikoranabuhanga rifite ipfundo kuri murandasi. Akenshi tuba twifuza gutera imbere ariko si ko twese tumenya ibyadufasha ngo tugere ku ntego tuba twihaye. Niyo mpamvu usanga hari abageze ku nzozi zabo abandi bikanga bitewe nuko rimwe na rimwe batazi icyabafasha. Aha ikoranabuhanga ni igisubiz
Ubucuruzi uko bwaba bumeze kose iyo bukozwe burangamiwe n’ikoranbuhanga burasugira bugasagamba. Iyo tuvuze ikoranabuhanga mu bucuruzi ni inzira zose zirimo ibikoresho bikoresha murandasi ndetse n’ibindi bikoresho bishobora gutuma ubucuruzi bukorwa neza ndetse bugatanga umusaruro mwinshi.
Muri iyi minsi ushobora kuba uri umucuruzi ariko ukabona ibikorwa byawe bidatera imbere ariko wareba abandi mukora bimwe ukabona baracuruza ukaba wibaza ngo ni iyihe mpamvu? Aha igisubizo ni uko ushobora kuba utaramenya ibanga ry’ubucuruzi bugezweho. Ushobora kuba ugikora ubucuruzi nk'uko umucuruzi wo mu myaka 30 ishize yabikoraga.
Mbere wasangaga umuntu afite resitora cyangwa akabari aha
nta kindi kintu yasabwa gukora cyangwa ngo agire uwo abwira icyo akora ahubwo
barizanaga nk'uko benshi mu bice byo mu byaro bigikorwa. Ariko ubu si ko bimeze kuko kenshi
na kenshi mu mijyi imaze gutera imbere ubu abantu bamaze kumenya
ikoranabuhanga ndetse no kurikoresha mu koroshya ubuzima bwabo abandi ryabaye
kimwe mu bice by’ubuzima bwabo.
Inzira benshi bari
gukoresha mu kumenyekanisha ibikorwa byabo ni ikoranabuhanga riri gufasha benshi
binyuze mu kwamamaza bakoresheje imbuga nkoranyambaga zitandukanye ndetse abandi
bagakoresha imbuga zabo (website) ziriho ibyo bacuruza agahebuzo kuri ubu ni uko
benshi basigaye bagurishiriza kuri murandasi.
Igihurirwaho na benshi mu nzobere mu bucuruzi ni uko muri iyi minsi ya none ikoranabuhanga ari ipfundo rya byose mu bucuruzi bugezweho.Ese haba hari ubucuruzi bukenera ikoranabuhanga n’ubundi butarikenera?
Ubucuruzi uko bwaba bumeze kose bukenera ikoranabuhanga
akenshi ni nayo ntandaro y’udushya kandi iyo udushya duhari n’abakiriya bariyongera
ndetse n’ibikorwa bikiyongera. Gusa igihari ni uko ikoranabuhanga ridakenerwa ku kigero kimwe. Urugero umuntu ufite iduka ry’inkweto ntabwo
azakenera ikoranabuhanga ringana n'iry’umuhinzi cyangwa umworozi
mu kumenyakanisha ibicuruzwa byabo ku mukiriya cyangwa mu guhanga udushya. Igihari
ni uko abantu bose barikeneye ndetse
ntabwo banarikeneye mu kumenyakanisha ibikorwa byabo gusa ahubwo bashobora no
kurikoresha mu kongera umusaruro ndetse no guhanga udushya.
Ingingo 5 ikoranabuhanga rishobora kugufasha kugeraho ukagira ubucuruzi buhamye
1. Umusaruro uhagije (inyungu)
Ikoranabuhanga rikoreshejwe neza ryongera umusaruro mwinshi kuko akenshi biba byoroshye guhaza abakiriya kandi mu gihe gito ndetse n’ibicuruzwa ababikeneye bakabibonera ku gihe. Urugero hano twatanga niba umucuruzi w’inkweto cyangwa ufite akabari niba umwe akoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha ibikorwa bye undi ntarikoreshe aha icyizabatandukanya ni uko uwabikoze yamenywe n’abantu benshi kandi bari mu bice bitandukanye.
Reka tuvuge ku mucuruzi utuye mu karere
ka Huye ko yamamaje igikorwa cye ndetse akanaranga aho akorera. Iki gihe umuntu
naturuka mu mujyi wa Kigali akajya i Huye azagenda azi wa muntu yumvise cyangwa
yabonye ari kwamamaza nyuma nagerayo azagenda ariho ababaririza wa wundi
yamenye bityo umucuruzi bimufashe kubona abamugana benshi kandi baturutse mu bice
bitandukanye.
2. Kwiyegereza abakiriya
Kwiyegerezaa abakiriya ni inzira igana ku ntsinzi kuri buri mucuruzi wese ndetse ikaba n’intambwe idaterwa na benshi, gusa ikoranabuhanga iyo riganje kandi rigakoreshwa neza byose birashoboka. Iyo abakiriya mwamenyanye kubera ari bo kenshi iyo dukora ubucuruzi tuba dukorera, umenya ibyo bashaka, igihe babishakira ndetse n’ingano yibyo bashaka. Urugero, niba umuntu afite resitora nabasha kuvugana n’abantu bamugana iki gihe azamenya ubwoko bw’ibiryo bakunda ndetse n’igihe babona akanya ko kujya muri resitora.
Nyiri
resitora icyo ashobora gukora ni uko ashobora gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga
abakiriya be bashobora kujya bakoresha bamuha ibitecyerezo. Ikindi ni uko kugira ngo bamenye
ibyo akora ashobora gusanga ibitangazamakuru kuko biba bikurikrwa n'abantu
benshi bikamufasha kugeza kuri benshi ubucuruzi bwe. Ikindi umucuruzi ashobora gukora ni ugushaka undi muntu uwo ari wese ufite abamukurikira benshi aha twavuga
ibyamamare akaba yamufasha kwamamaza ubucuruzi bwe.
3. Kunguka ibitecyerezo biturutse mu mpande
zose
Ibitecyerezo cyangwa
inyunganizi mu gikorwa icyo aricyo cyose ni inkingi y’intsinzi ihamye. Akenshi ibigo bitandukanye bikoresha ibinyamakuru
mu kumenyekanisha ibikorwa byabo iyi nzira ni nayo bakoresha bahura n’abakunzi
b'ibikorwa byabo ndetse byinshi muri ibi bigo bikoresha imbuga nkoranyambaga mu kwakira ibitecyerezo
ndetse n’ibyifuzo biturutse mu bakiriya babo. Ibi bishobora no gufasha ikigo cyangwa umucuruzi kunoza imikorere.
4. Biroroha kumenya ibitagenda neza
Akenshi ibigo byinshi bigira imbogamizi mu gutera imbere
biturutse ku kutamenya imikorere y’ibikorwa byabyo. Aha igihari ni uko benshi baba batazi n’iki kigenda neza cyangwa ikigenda nabi. Ikoranabuhanga rifatiye ku mbuga nkoranyambaga
ndetse n’indi miyoboro ikoreshwa mu guhanahana amakuru ni yo ibigo byinshi bikoresha
mu gufata ibitecyerezo biturutse mu bagura ibikorwa byabo mu rwego rwo kunoza
imikorere.
5. Ikoranabuhanga ni imwe mu nzira zituma
abakozi n’abakoresha bavugana byoroshye
Akenshi abakozi ntibakunze kwisanzura n’abakozi gusa iyo hariho umuyoboro ukoreshwa mu gusangira ibitecyerezo binyuze mu ikoranabuhanga bituma umukozi yirekura mu kubwira umukoresha we byinshi biruta ibyo ashobora kumubwira bahagararanye. Ibi inyungu bizaza mu kigo runaka ni uko umusaruro kandi ufite ireme uzagaragara. Ikoranabuhanga iyo rikoreshejwe neza mu bucuruzi ribyara umusaruro mwinshi cyane kandi urambye.
Sources: bdc.ca, businessinsider.com na cascadebusnews.com
TANGA IGITECYEREZO