RFL
Kigali

Igihembo gikuru mu mikino y'Agaciro Cup 2019 ni 3,000,000, nta mubare w'abanyamahanga ugenwe

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/09/2019 16:57
0


Tariki ya 13 na 15 Nzeli 2019 hazakinwa imikino ngaruka mwaka y’ikigega Agaciro Development Fund 2019, imikino igiye gukinwa ku nshuro ya kane (4) ikazitabirwa n’amakipe yasoje mu myanya ine ya mbere muri shampiyona.



Irushanwa ry’uyu mwaka rizitabirwa n’amakipe ane (4) ariyo; Ryaon Sports, APR FC, Mukura Victory Sport na Police FC nk’amakipe yasoje mu myanya ine ya mbere muri Azam Rwanda Premier League 2018-2019.

Rayon Sports yasoje ku mwanya wa mbere muri shampiyona 2018-2019 inatwara igikombe, APR FC yasoje ari iya kabiri, Mukura VS isoza ku mwanya wa gatatu mu gihe Police FC yari ku mwanya wa kane.

Mu buryo imikino y’uyu mwaka izakinwa, bazatangira tariki 13 Nzeli 2019 bakine ibimeze nka ½ cy’irangiza ari nabwo APR FC izahura na Mukura Victory Sport (15h00’) mbere y’uko Police FC ikina na Rayon Sports (18h00’) kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.


FERWAFA na MINISPOC basobanuriye abanyamakuru uko irushanwa ry'uyu mwaka riteguye

Nyuma amakipe azaba yatsinze kuri uwo munsi wa mbere w’irushanwa azahurira ku mukino wa nyuma uzakinwa tariki 15 Kanama 2019 mu gihe amakipe azaba yatsinzwe azahatanira umwanya wa gatatu.

Imikino ya nyuma aho izabera ntabwo haremezwa nk’uko Bonny Mugabe umuyobozi uhagarariye agashami gashinzwe amarushanwa muri FERWAFA yabimenyesheje abanyamakuru mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Nzeli 2019 ku biro bikuru bya FERWAFA biri i Remera.

Dore uko gahunda y’ibihembo iteye uyu mwaka:

Ikipe izatwara igikombe cy’uyu mwaka izahabwa na miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (3,000,000 FRW), ikipe ya kabiri ifate miliyoni imwe n’igice (1,500,000 FRW) mu gihe ikipe izasoza ku mwanya wa gatatu izafata ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).


Uwayezu Francois Regis umunyamabanga mukuru wa FERWAFA ahamya ko iri rushanwa rifasha amakipe kwitegura neza umwaka w'imikino uba uri bukurikire uwo barangije 

Nyuma y’ibihembo by’amakipe, uyu mwaka hazahembwa n’abakinnyi ku giti cyabo aho umukinnyi uzitwara neza kurusha abandi mu irushanwa (Best Player of the Tournament) azahembwa ibihumbi ijana na mirongo itanu y’u Rwanda (150,000 FRW), uwuzatsinda ibitego byinshi (Topscorer) azahembwa ibihumbi ijana (100,000 FRW).


Muhire Kevin ni we wari wabaye umukinnyi w'irushanwa rya 2018


Mu 2018 Bimenyimana Bonfils Caleb wakiniraga Rayon Sports yatsinze ibitego bibiri mu irushanwa ahabwa igihembo nk'uwatsinze byinshi 

Ku kijyanye n’abakinnyi bashobora gutsinda ibitego byinshi barenze umwe, Mugabe Charles ushinzwe ishoramari mu kigega Agaciro Development Fund yavuze ko bazahembwa bose kandi buri umwe agahabwa ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.

Mbere y’uko amakipe yinjira muri iri rushanwa yahawe miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda yo kwitegura (1,000,000 FRW).


Karangwa Jules umunyamategeko wa FERWAFA nawe yari akurikiye ikiganiro anatanga ijambo ku banyamakuru 

Amwe mu mategeko azagenga irushanwa:

Imikino y’Agaciro Development Fund 2019 izahuza amakipe ariyo; Rayon Sports, APR FC, Mukura VS na Police FC.

Mu buryo amakipe yahujwe muri ½ cy’irangiza, hafashwe ikipe yasoje ari iya mbere ihuzwa n’iyasoje ari iya kane (Rayon Sports vs Police FC) mu gihe ikipe ya kabiri yahujwe n’iya gatatu (APR FC vs Mukura VS).


Rayon Sports yatwaye iki gikombe inshuro ebyiri yikurikiranya (2017, 2018)

Muri iri rushanwa buri kipe yemerewe kwandikisha abakinnyi 30 kandi nta mubare w’abakinnyi b’abanyamahanga uzarebwa kuko no mu gihe bose uko ari 30 baba ari abanyamahanga bakina nta kibazo.

Mu mukino nyirizina, ikipe izaba yemerewe gusimbuza abakinnyi batanu (5) nta kindi kibazo kibayeho kandi mu gihe muri uwo mukino amakipe yarangiza iminota 90’ anganya umusaruro, bazajya bahita batera penaliti nta minota 30 y’inyongera (Extra-Time).

Charles Mugabe ushinzwe ishoramari mu kigega Agaciro Development Fund, aganira n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Nzeli 2019 yavuze ko bahisemo guca mu mupira w’amaguru kuko ngo ni yo nzira yonyine ikomeye yacamo ubutumwa bukagera ku bantu mu gihe gito.

Gusa, Mugabe avuga ko mu nshuro eshatu iri rushanwa rimaze kuba ryatanze umusaruro ufatika kuko ngo iyo bakoze ibarura mari basanga aya marushanwa yarinjije miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda (130,000,0000 FRW).

“Ubundi iyo ushaka kugera ku bantu benshi, ukabagezaho ubutumwa bwawe mu gihe gito gishoboka, unyura muri siporo. Siporo ni ikintu cy’agaciro gituma dutanga ubutumwa bwacu kuri benshi mu gihe gito gishoboka. Kandi na none ni igikorwa ngaruka mwaka aho abanyarwanda bose bifatanya mu guteza imbere ikigega cyabo. Ibyo byose rero ni byo bituma habaho iri rushanwa”. Mugabe


Mugabe Charles umukozi ushinzwe ishoramari mu kigega Agaciro Development Fund ubwo yaganiraga n'abanyamakuru

Agaruka ku mumaro w’irushanwa, Mugabe yagize ati “Mu by’ukuri abasiporutifu batwinjiriza amafaranga menshi mu kigega. Mu nshuro eshatu tumaze gukina tumaze kwinjiza hafi miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, byose ni uguteza imbere ikigega Agaciro”.


Abafana bategereje uburyohe buzaranga irushanwa rya 2019

Mu irushanwa riheruka mu 2018, Rayon Sports yatwaye igikombe itsinze APR FC ku mukino wa nyuma igitego 1-0 cyatsinzwe na Mugisha Francois Master.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND