RFL
Kigali

Menya byinshi kuri Dr Claire Karekezi umunyarwandakazi wa mbere ndetse rukumbi ubaga ubwonko

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:1/08/2019 10:48
4


Dr Karekezi Claire w’imyaka 36 yize mu mujyi wa Kigali aho amashuri yisumbuye yayize muri Lycce Notre Damme de Citeaux akomereza muri St Andre aho yize imibare n’ubugenge nyuma yerekeza muri Kaminuza y’u Rwanda aho yize ubuvuzi. Ni we munyarwandakazi wa mbere ndetse rukumbi ubaga ubwonko wanabyize hanze y’u Rwanda.



Aganira na Radiyo Rwanda Claire Karekezi yatangarije umunyamakuru ko yagiye kwiga kubaga ubwonko akurikiye indoto yagize ubwo yigaga ubuvuzi akabona abagabo babaga ubwonko bityo ahitamo gukurikira iri somo kugira ngo azunganire abagabo b'abahanga mu kubaga ubwonko n’umugongo. Urugendo rwe yarutangiye ubwo yajyaga kwiga “sciences” mu mashuri yisumbuye aho yakundaga aya masomo ariko akitinya gusa ahamya ko ababyeyi be bamubereye imfura bakamushyigikira.

Asobanura impamvu yahisemo kujya kwiga Sciences yavuze ko ari ukubera ko yisanze abikunda ariko akaba yaranatsindaga aya masomo kuva na mbere. Inzozi zo gukura yumva azaba umuganga zatumye ubwo yajyaga muri Kaminuza ahitamo kwiga kuvura bitewe nuko yari yatsinze neza bimuhesha amahirwe yo kujya kwiga kuvura muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.

Arangije kaminuza i Butare yahisemo kujya kongera ubumenyi mu ishami ryo kubaga ubwonko n’umugongo. Iki cyemezo yagifashe ubwo yendaga kurangiza Kaminuza, aha akaba yarahisemo iri somo bitewe n'ahantu yakoreye imenyerezamwuga yakoreye muri Sweden. Bitewe nuko yagiye i Burayi mu gihe hashyuhaga kandi ibyo yashakaga kwiga agasanga bitari gukora, byatumye ahabwa kwimenyereza umwuga mu ishami ryo kubaga ubwonko.

Umwarimu wamufashije muri iki gihe, uburyo yamufashijemo ni kimwe mu byo atangaza ko atazigera yibagirwa na mba. Yavuze ko uyu mwalimu ari we wamujyanye mu bitaro amwereka uko babaga ubwonko mu mwaka wa 2007. Icyo gihe umunyarwanda umwe gusa ni we wari ufite ubumenyi mu byo kubaga ubwonko. Nyuma yo kuva muri Sweden yagarutse mu Rwanda ari mu wa gatanu ariko yatangiye gukunda bikomeye kwiga kuzabaga ubwonko.

Dr Claire KarekeziDr Claire Karekezi umunyarwandakazi wa mbere ndetse wenyine ubaga ubwonko

Nyuma uyu mukobwa yagiye gukora imenyerezamwuga mu Bwongereza. Ubwo yari muri iki gihugu ni bwo yamenye amakuru yuko habaho urugaga rw’abaganga babaga ubwonko. Umwarimu wamufashaga mu Bwongereza yari afite ikigo cyatangaga amasomo mu bijyanye no kubaga ubwonko muri Morroco. Uyu ni we baganiriye kenshi muri 2011  ari nabwo igihugu cyamuhaye ubufasha ngo ajye kwiga muri Morroco aho yize imyaka itanu akurikirana amasomo yo kubaga ubwonko.

Usibye kubaga ubwonko n’umugongo uyu mukobwa muri 2017 yagiye kwiga irindi somo muri Canada aho bafata abanyeshuri babiri ku Isi yose buri mwaka. Aha akaba yarahimenyerereje kubaga ibibyimba by’ubwonko. Abajijwe impamvu yakunze kugenda akurikira ibintu bikomeye uyu mukobwa yavuze ko yakundaga kubikora kuko yashakaga kwerekana ko n’umwirabura w’umunyarwandakazi yakora ibintu bikomeye.

Epa Ndungutse ukora ikiganiro Amahumbezi waganiriye n’uyu mukobwa yamubajije impamvu yagarutse mu Rwanda nyamara benshi bize ibintu nk’ibye bakunze kwigumira hanze y’u Rwanda. Uyu mukobwa yavuze ko ari icyemezo yafashe aho yibazaga ati abaye atari njye ugarutse ni nde wagaruka. Ahamya ko mu mwaka wa 2018 ubwo yavaga kwiga yasanze abagabo bane ari bo gusa bakora nk'ibyo arangije kwiga bivuze ko babaye abantu batanu gusa mu gihugu gituwe na Miliyoni zirenga 12, bityo uyu mubare muto wamuteye imbaraga zo kugaruka mu Rwanda kugira ngo aze afatanye n'abandi gufasha abanyarwanda bafite ibibazo by’uburwayi yize kuvura.

REBA HANO IKIGANIRO KIRAMBUYE UYU MUKOBWA YATANZE KURI RADIYO RWANDA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • A girl4 years ago
    I just needed to hear this... I am your fun, kuva uyu munsi. Mercii
  • Bill4 years ago
    Aba nibo bakobwa mukwiye kujya mutwereka kuko bafite icyo bigisha abandi bakobwa. Mureke za mburamukoro, injiji, abanywarumogi n'abasinzi baza kutwereka ubwambure no kuvuga ibigambo bitameshe.
  • Manzi4 years ago
    Ni byiza ko wize ukamenya ukaba ugiye no kutuvuyra twe abnyaRda. Ariko nanone witubeshya ngo wagarutse kuberako washakaga gufasha abanyaRwa; tujye tuvugusha ukuri. Jya wongeraho ko no gukorera aho hose wize biteri kukorohera: kuko bafite abenegihugu babishoboye. None se ubwo wari kubona akazi mu barabu Marroco? CANADA se aho wakoreye fellowship?? Ibyo byose ntibihagije kuko nta background ya medicine y'ibyo bihugu ufite; Cyakora Sub-Saharan Africa: Zambia, Namibia etc yes akazi wakabona kuko.
  • Alice4 years ago
    Wooow,ni indashyikirwa peee kdi ni intwari kbsa





Inyarwanda BACKGROUND