Anita Pendo yishimira ko ubuzima bwe bwo kubyara akaba atabana na se w’abana be byabaye isomo ku bana b'abakobwa bakiri bato

Imyidagaduro - 08/07/2019 11:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Anita Pendo yishimira ko ubuzima bwe bwo kubyara akaba atabana na se w’abana be byabaye isomo ku bana b'abakobwa bakiri bato

Kenshi usanga umukobwa ababazwa no kubyara bitunguranye bikaba akarusho iyo uwo babyaranye batabanye, usibye kuba bimubabaza kenshi usanga no muri sosiyete umukobwa ibi byabayeho ahindurirwa uko afatwa. Anita Pendo ufite abana babiri ariko atabana na se w'abana be, yishimira ko ubuzima yanyuzemo bukakaye bwabaye isomo kubakiri bato.

Ibi Anita Pendo yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aha uyu mubyeyi yagize ati "Akazi dukora kadufasha kwishyura facture zitandukanye, ariko njye hari ibirenze ibyo. Maze guhura n'abana b'abakobwa benshi mu bitaramo byinshi nkabona umwana w’umukobwa araje mu maso harimo amarira ati warakoze gutuma nongera kwigirira icyizere nyuma yo kubyara ntabana na papa w’umwana ubuzima namenye ko bukomeza."

Anita Pendo yakomeje agira ati "Byose mumbwira mbiha agaciro byashoboka ko byakubayeho ukitwa amazina menshi mabi atandukanye ariko komera ushakishe imibereho y’ejo hazaza hawe nuwo mumarayika cyangwa abamarayika wibarutse. Kandi imbaraga ntizuturuka mu bandi zituruka muri wowe zishakemo ""

Anita Pendo

Amagambo akomeye ya Anita Pendo

Anita Pendo ni umunyamakuru ukomeye mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru RBA, akaba umushyushyarugamba w’ibitaramo uri mubayoboye abandi mu Rwanda ndetse ariko kandi ni umu Dj umaze kubaka izina hano mu Rwanda. Uyu akaba ari umubyeyi w’abana babiri yabyaranye na Ndanda umuzamu w’ikipe ya AS Kigali ariko magingo aya bakaba batabana.

REBA HANO UKO ANITA PENDO AHERUTSE KWITWARA UBWO YAVANGAGA IMIZIKI MU GITARAMO CYO KWIBOHORA25


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...