RFL
Kigali

Kwibuka25: Ubuhamya bwa Bukuru wari uzi ko atazabyara kubera inshuro zose yafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:3/07/2019 17:50
0


Mu gikorwa cyabereye i Nyanza ahazwi nko ku Mayaga cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 umwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yatanze ubuhamya avuga ko atari azi ko bizashoboka ko yabyara kubera ibisongo yatewe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.



Ubuhamya bwe yabutangiye avuga ibyamubayeho aho byatangiye abona abantu bicwa ariko kuko yari umwana ntakamenye icyo bazira kugera ubwo bamwe mu babyeyi babo biyemeza kurwana bakoresheje amabuye barwanya abafite imbunda n’imihoro n’ubuhiri n’ibindi, banga gupfa bahagaze biyemeza gupfa bagenda. Aho bageraga hose bababwiraga ko Imana y'Abatutsi yahunze. Bukuru yavuze ko bahungiye mu rusengero bizeye ko nta wabasangamo ariko kuko Padiri yari yararurangaje ngo batazamusenyera urusengero barahabasanze bamwe baricwa abandi barabacika nawe arimo.


Mu #kwibuka25 i Mayaga

Yavuze ko bihishakaga mu bihuru no muri vetiveri uko bateye intambwe bagahura n'interahamwe zikabajyana kuri Bariyeri iri hafi. Yafashwe ku ngufu, aterwa ibisongo cyane. Inshuro nyinshi yararaga akabakabwa n'abagabo bamubyaye bangana na se. Aho yabashaga kugera akabona nta wumuzi, yihakanaga kuba Umututsi inshuro nyinshi akavuga ko ari umuhutu, ko iwabo bari bamutumye imbere gato. Iyo yabonaga abari inshuti z'iwabo yibwiraga ko bagiye kumuhisha akabahungiraho nyamara bakaba ari bo bamutanga ngo yicwe.

Yatewe ibisongo kenshi afatwa ku ngufu akarira akaboroga akavuza induru ibintu avuga ko atazabyibagirwa mu buzima bwe bwose. Bukuru yavuze kandi ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi byageze aho bagahigishwa imbwa mu bihuru, bagahungira ku bo ababyeyi babo bagiriye neza ariko ntibabahishe. Yafashwe ku ngufu n'abakuru cyane ndetse n'abana bato cyane kuri we. Yavuze ko yasabye imbabazi ngo yicwe ati “Nisabiye Abahutu kunyica aho gukomeza gupfa nabi, barabyanga, baransiganira, bakarebana hakabura unyica, nyuma umugabo wari inshuti ya papa aranjyana akajya yica abandi ndeba nkaceceka. Ndi iwe mu rugo nakoreshejwe imirimo y'agahato ngo batanyica nanjye, umugore we akanga kungaburira.”


Abari bitabiriye igikorwa cyo #Kwibuka25 ku Mayaga barimo Bukuru watanze ubuhamya

Bicaga ababyeyi batwite bakabafomoza inda Bukuru abireba ndetse avuga ko na mukuru we yishwe umugabo we arebera. Yongeyeho ko na nyuma aterekanye aho yamushyize ngo bamushyingure mu cyubahiro. Yagize ati “Mukuru wanjye bamwishe umugabo we arebera ntiyagira icyo akora na nyuma ntiyatwereka aho yamushyize ngo tumushyingure mu cyubahiro. Yatwerekaga ahantu tugacukura tukamubura ariko nyuma dusanga yaramushyizeho amase n'umuyoboro w'amaganga ndetse yari yaramuzingazingiye mu musambi gusa, kandi yari afite ubushobozi bwo kumushyingura. Twasanze yarabaye nabi cyane kandi aho twamusanze nabwo twamweretswe n'undi mugore waho kuko uwo mugabo we yavugaga ko yari yarahibagiwe.”

Byageze aho Bukuru baramwohereza ngo asange Inkotanyi yanga kujyayo kuko abandi boherejeyo, interahamwe zabiciye mu nzira. Yajyaga abura aho ahungira ndetse yanageze ku Gikongoro bimubera bibi bakajya babeshya ko bagiye gushaka ababyeyi babo. Bakomeje babaho bicwa n'inzara cyane, akajya ahekenya amasaka yumye. Aho aciye hose agahora abeshya ko yaburanye n'ababyeyi be ari kujya kubashaka kuko nta wari umuzi muri izo nce. Bagiye mu kigo cy'Abafaransa baziraga cyane Inkotanyi ariko kubera Imana nk’uko yabivuze, nyuma Inkotanyi ziboherereza imodoka zo kubatwara bataha, aruhukira kwa Nyinawabo.

Bukuru yasoje ubuhamya bwe ashimira cyane Imana ko yabashije kubyara ndetse nta na SIDA yarwaye ati “N'ubwo narwaye ibisongo byinshi natewe muri Jenoside, abagabo bamfashe ku ngufu ari benshi ariko sinarwaye SIDA kandi nabashije kubyara. Hari benshi n'ubu nzi rwose byanze gushaka abagabo byananiye kandi barwaye na SIDA batewe n’ababafashe ku ngufu.” Uyu mubyeyi yavuze ko yari azi ko ari we Mututsi wenyine usigaye ku isi ariko ashimira cyane Imana ndetse na RPF Inkotanyi kuba barabarokoye agashimira cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubuliya y’u Rwanda, Paul Kagame ku ntambwe ishimishije amaze kugezaho u Rwanda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND