Miss Amandah Isimbi umwe mu bakobwa bamaze kumenyekana cyane kubera gukoresha imbuga nkoranyambaga, akaba yarigeze no kuba igisonga cya Nyampinga ubwo yigaga mu ishuri rya SFB ubu yahawe izina rya CBE, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2019 yarunzweho amadorari menshi mu kabyiniro.
Ibi byabereye mu kabyiniro ka Sky Lounge gaherereye mu mujyi wa Kigali i Remera aho yari yateguriwe umugoroba wamwitiriwe. Ubwo amasaha yari atangiye kwisunika abantu nawe ubwe ahamya ko atabashije kumenya bari bicaye hamwe bamuhamagaye bityo uyu mukobwa uzwiho kubyina cyane abyinana nabo baramwishimira bamurundaho amafaranga atari make.
Aganira na Inyarwanda uyu mukobwa yatangaje ko aba bamuhaye amafaranga atabazi. Yagize ati urumva nk'umuntu wateguye uyu mugoroba nari ndi kubyinana n’inshuti zanjye barampamagara ngo tubyinane ni bwo rero bizihiwe bampa amafaranga ariko sinari mbazi.” Aya mafaranga yahawe Amandah Isimbi yatangaje ko atazi umubare cyane ko atigize ayabara gusa ngo yibuka ko yari amadorali gusa.
Mu Rwanda naho umuco wo gutumira abantu bazwi bagahabwa umunsi bityo bagahamagarira ababakurikira kuza gusohokera aho batumiwe bityo bakabona abakiriya baza bakurikiye aba bantu b’ibyamamare.
Bamurunzeho amadorali ageze aho akajya ayakandagiramo
TANGA IGITECYEREZO