Uwiringiyimana Patience wamamaye kubera Golizo yitabiriye irushanwa rya “East Africa’s Got Talent " ngo $50,000 arayashaka bikomeye-IKIGANIRO

Imyidagaduro - 26/05/2019 7:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Uwiringiyimana Patience wamamaye kubera Golizo yitabiriye irushanwa rya “East Africa’s Got Talent " ngo $50,000 arayashaka bikomeye-IKIGANIRO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gicurasi 2019 mu mujyi wa Kigali habereye irushanwa ryo kujonjora abazahagararira u Rwanda mu irushanwa rya East Africa’s Got Talent, iri rushanwa rigomba kwitabirwa nabantu 30 bahagarariye u Rwanda mu gihugu cya Kenya bagahatana nabandi 90 baturutse mu bihugu nka Uganda, Kenya na Tanzania.

Uwiringiyimana Patience ni umwe mu bahataniraga kuzahagararira u Rwanda yitwaje Golizo ifatwa nk’igipupe kivuga icyakora ntamuntu numwe uzi uko kivuga uretse nyiracyo we uhamya ko ari ubufindo burimo ubuhanga yihariye. Uyu wamamaye mu Rwanda kubera Golizo yatangarije Inyarwanda ko yumva yiyizeye icyakora aharira umwanya Imana cyane ko abahatanaga bari benshi nyamara hashakishwa 30 gusa bagomba guhagararira u Rwanda.

Golizo

Golizo na Karani....

Uwiringiyimana Patience si ubwa mbere yitabiriye amarushanwa arikumwe na Golizo cyane ko yari no mu irushanwa rya Art Ubuhanzi icyakora ntiyabasha gutsinda. Gusa muri iri rushanwa rya East Africa’s Got Talent ho ngo yizeye ubuhanga yerekanye.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PATIENCE NDETSE NA GOLIZO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...