RFL
Kigali

ABAGORE GUSA: Amagambo ukwiye kwirinda kuvuga mu gihe utongana n’umugabo wawe

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:27/03/2019 18:11
3


Mu rukundo ndetse no mu ngo z’ubu usanga intonganya n’imirwano bisigaye bisa n’ibisanzwe bidashobora guhagarikwa. Nyamara amagambo mabi y’intonganya ni nk’inkota ikatagura mu mutima ikahasiga inkovu z’igihe kirekire.



Kuba amagambo mabi afatwa nk’inkota byagakwiye gutuma buri wese atekereza ku magambo agiye kuvuga cyane cyane iyo agiye kuyabwira umukunzi we mu gihe utongana cyangwa urwana n’umugabo wawe cyangwa umusore mukundana, hari ibyo mutumvikanyeho muri kumwe cyangwa mwandikirana kuri telefoni.

Umunyamakuru wa INYARWANDA rero, hari ibyo yabageneye mukwiye kwirinda kuvuga cyane ko bishobora gushyira iherezo ku rukundo rwanyu.

1.Nturi umugabo uhamye

Ahashize h’umugabo niho hamutera imbaraga, kandi iyo habuze abura imbaraga zimusindagiza aho agana. Kumubwira ko atari umugabo uhamye, bizamwicira icyizere kandi yumva nawe koko ntakwiye. Bizamubabaza igihe kirekire cyane.

2.Kanaka arakuruta

Ni ikosa ribi cyane kugereranya umugabo wawe n’abandi kuko bimwereka ko ari mu irushanwa. Ntuzatume intonganya z’akanya gato zitesha agaciro umugabo wawe mu buryo budasanzwe kuko umugabo wese iyo ava akagera ntiyifuza kumva ko hari undi mugabo umuruta mu maso y'umugore we.

3.Nicuza icyatumye tubana

Ibaze kugira ngo umujinya ugukoreshe ikosa risenya burundu urugo rwawe kandi nta rwango ruri hagati yawe n’umukunzi wawe? Ushobora kubiterwa n’umujinya ariko uzawuyobore ntuzakuyobore.

4.Ufite imbaraga nke cyane

Imbaraga z’umugabo za mbere ni icyizere, kandi iyo umugore we abibona bimutera kumva akomeye. Iyo abwiwe n’umugore we ko ari umunyantege nke rero, bizamushyira hasi cyane kuko isoko y’imbaraga ze izaba ikamye burundu. Izo ntonganya z’akanya gato kuki wemera ko ziba iherezo rya byose? Uri imbaraga z’umugabo wawe mu ntege nke ze, ujye ubizirikana.

5.Ntuzibande ku habi he hashize

Ba bagore benshi usanga batsindisha abagabo babo ahashize habo habi nyamara nawe aguhindukiranye akagarura ahawe wababara kumurenza. Ntabwo ari byiza kuko bituma nta kintu azongera gukora ngo yemere ko ukimenya.

6.Mama yarakumbujije mbirengaho

Mu ntonganya zanyu zose ntuzigere na rimwe uzanamo ababyeyi cyangwa ngo uvuge ikintu kimukomeretsa kuko ntazacyibagirwa. Ibi bishobora gutuma yanga urunuka umuryango wawe kandi ari wowe ubiteye.

Hari amagambo dufata nk’asanzwe nyamara afite imbaraga zidasanzwe yanababaza umuntu bikomeye cyane. Kandi erega ntiwatera igiti cy’indimu ngo utegereze ko kizera imineke, ibyo ubibye nibyo usarura no mu rukundo ni uko. Irinde mu magambo uvuga ubabaye cyangwa mu ntonganya ntihazavemo ashyira iherezo ku rukundo rwanyu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Umuhoza Marisa Joselyne5 years ago
    APR ikomeze kwihangana kbsa 🤗
  • ISAKA BYAMUNGU4 years ago
    NONE TWABIKORA DUTE KUGIRANGO TUBANE NEZA ?
  • Dolly4 years ago
    Mana weeeh ntibiba byoroshye gusa ntibizambeho mana ko dutukana murakoze cyane kutwigisha





Inyarwanda BACKGROUND