RFL
Kigali

“Knowless ni urugero rw’umukobwa wareberaho ugiye gushaka umufasha” Platini yagarutse ku makuru y’urukundo rwe muri iyi minsi - VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:1/03/2019 22:25
1


Nemeye Platini yamamaye cyane mu itsinda rya Dream Boys, uyu musore kuri ubu ni ingaragu ariko mu minsi yashize yavuzweho ubukwe n'ubwo umukobwa byavugwaga ko bagiye kurushinga bahise batandukana bidateye kabiri. Byatumye tumubaza niba yaba yarabonye undi, ese iby’ubukwe aracyabitekereza? Byose biri mu kiganiro twagiranye.



Uyu musore twaganiriye ubwo yari avuye ku rubyiniro mu karere ka Musanze mu gitaramo cya Tour du Rwanda aho iri tsinda ryongeye kwerekwa urukundo na'bakunzi ba muzika bo muri aka karere. Tuganira na Platini twahereye ku kibazo cy’amatsiko kibazwa na benshi cy’impamvu itsinda ryabo rirambanye nyamara bigaragara ko amatsinda mu Rwanda kugira ngo arambane atari ibintu biba byoroshye.

Platini yabwiye umunyamakuru ko kimwe mu bibashoboza kurambana ari uko bubahana kandi kenshi bakagirirana umutima wo kwihangana n'iyo umwe muri bo yaba yakoshereje mugenzi we. Nemeye Platini yabajijwe nanone ku bukwe bwe bivugwa ko bwapfuye agira at "Nta bukwe bwanjye bwapfuye, sinigeze ntangaza ko ngiye gukora ubukwe.”

Platini

Nemeye Platini

Platini wigeze gukundana n'umukobwa witwa Diane igihe kinini yabajijwe niba yaramaze kubona umusimbura. Platini yatangaje ko atigeze ateganya ubukwe mbere icyakora kuri ubu akaba yaratangiye kubusengera. Platini yabajijwe niba afite umukunzi atangaza ko adashaka kubivugaho. Uyu muhanzi yabajijwe niba atajya akumbura Diane batandukanye adutangariza ko hashize igihe kinini ku buryo yatangiye ubundi buzima.

Platini yahishuriye Inyarwanda ko yari yarihaye intego yo gushaka umugore mbere y’imyaka 30. Abajijwe umukobwa yakunda, yatangaje ko ari umukobwa wamwakira nka Platini kandi akaba ari mwiza, umukobwa mwiza kubwe. Abajijwe niba hari umukobwa wo mu myidagaduro yari yabona akumva babana, Platini yatangaje ko bahari ariko atabatangaza gusa nanone yitsa ku kuvuga ko Butera Knowles ari urugero rwiza rw’umukobwa umuntu yareberaho aramutse agiye gushaka.

REBA IKIGANIRO KIRAMBUYE NA PLATINI WO MURI DREAM BOYS






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kkkmm5 years ago
    Uvuze ukuri 1000%. Uriya mwana afite amavuta yasizwe na nyagasani. Kuko nkurikije amashyari abantu bamugirira, yakabaye yarabaye undi muntu. Ariko ikikwereka umuntu wasizwe, nuko ibyo byose biza akagumana igikundiro cye, ndetse akanaba mwiza kurushaho. Nanjye ndamukunda.





Inyarwanda BACKGROUND