RFL
Kigali

Umuhanzikazi Gihozo Pacifique yatandukanye na KIKAC inzu ifasha abahanzi nshya yari yiyemeje kumufasha

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:17/01/2019 9:02
0


Mu minsi ishize ni bwo umuhanzikazi ukizamuka witwa Gihozo Pacifique yatangaje ko yatangiye gukorana mu gihe cy’imyaka icumi n’inzu y’umuziki ya KIKAC Music Label. Nyuma y'amezi make gusa atangaje ko batangiye gukorana, magingo aya Gihozo Pacifique yatangaje ko yamaze gutandukana n'aba bakoranaga.



Gihozo amaze imyaka irenga ibiri akora umuziki, afite indirimbo zitari nke yakoze mbere yo gutangira gukorana na KIKAC Music Label, kimwe n'izindi ebyiri yashyize hanze nyuma y'uko batangiye gukorana muri Nzeli umwaka ushize wa 2018. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram uyu mukobwa yatangaje ko ubu nta bantu bamufasha afite ndetse ko atangiye gukora ku giti cye.

Nyuma yo kubona aya makuru, Inyarwanda yaganiriye n'uyu mukobwa yifuza kumubaza icyaba gitumye ava muri KIKAC Music Label, adutangariza ko mu by'ukuri abantu bakoranaga iyo batandukanye haba hari ibiba bitagenda neza ariko yirinda kubigarukaho. Yagize ati" Ubusanzwe iyo ukorana n'umuntu mugatandukana ni uko hari ibiba bitagenda neza sinakubeshya."

Gihozo

Umuhanzikazi Gihozo Pacifique

Tumubajije ibyo ari byo uyu muhanzikazi yagize ati" Ubundi niyemeza gutangira kwikorana nahisemo kutagira icyo mvuga cyane ku cyadutandukanije ,gusa ndabashimira baramfashije uko biri kose hari itafari bashyize ku rugendo rwanjye rwa muzika. Ntacyo mbishyuza ni ukuri kandi ndahamya ko batazareka urukundo bafitiye muzika nyarwanda."

Gihozo yabwiye Inyarwanda ko nta kibazo afite kuri KIKAC Music Label ndetse magingo ngo aya agiye gutangira gukora umuziki ari wenyine nk'uko yatangiye mu gihe azaba ataragira amahirwe yo kubona abo bongera gukorana.

REBA HANO INDIRIMBO 'KWIZIMA'IYO GIHOZO PACIFIQUE YAHERUKAGA GUSHYIRA HANZE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND