RFL
Kigali

Jules Sentore yashyize hanze indirimbo 'Guluma' yakoranye n'umugandekazi Irene Ntale -VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:10/01/2019 18:40
2


Jules Sentore umuhanzi w'umunyarwanda uzwiho ubuhanga mu miririmbire akaba n'umuhanga kurushaho mu bijyanye no kuririmba mu njyana gakondo, kuri ubu yamaze gushyira hanze indirimbo ye nshya 'Guluma' yakoranye n'umugandekazi Irene Ntale, ikaba yasohokaye n'amashusho yayo.



Jules Sentore ashyira hanze iyi ndirimbo ye nshya yabwiye Inyarwanda.com ko yahisemo kuyikorana na Irene Ntale kuko ari umwe mu bahanzikazi b'abahanga i Bugande. Yanahishuriye Inyarwanda.com ko yahisemo gukorana na Irene Ntale mu rwego rwo kwagura ubuhanzi bwe cyane ko ubu muri Uganda byanze bikunze iyi ndirimbo iri bumufashe kumenyekanayo kurusha uko byari byifashe mbere.

Jules Sentore

Indirimbo 'Guluma' ya Sentore na Irene Ntale

Iyi ndirimbo nshya 'Guluma' ya Jules Sentore na Irene Ntale mu buryo bw'amajwi yakozwe na Madebeat umusore w'umuhanga mu gutunganya indirimbo hano mu Rwanda ariko nanone mu gufata amashusho yayo hifashishijwe Sacha Vybz umwe mu basore bo muri Uganda bazwiho ubuhanga mu gufata no gutunganya amashusho y'indirimbo muri aka karere ka Afurika y'Iburasirazuba.

REBA HANO IYI NDIRIMBO 'GULUMA' YA JULES SENTORE NA IRENENTALE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manu5 years ago
    This is a nice song with 2 good singers in east africa! Ever🙏
  • Seba5 years ago
    Sentore ndakwemera KBS iyindirimbo ndayikunze kdi wahisemo umuhanzikazi uzikurrimba KBS ndagushyigikiye





Inyarwanda BACKGROUND